Musanze: Bakomeje imirimo yo kwitegura CHOGM
Nk’uko byifashe hirya no hino mu gihugu, imyiteguro yo kwakira inama ya CHOGM iteganyijwe kubera mu Rwanda muri Kamena 2022 irarimbanyije, aho no mu Karere ka Musanze imyiteguro ikomeje, hubakwa hanavugururwa ibikorwa remezo binyuranye.
Mu bikomeje kwitabwaho cyane, harimo ikibuga cy’indege cya Ruhengeri kirimo gukorerwa isuku, ahubakwa inzu igenewe kwakira abashyitsi baharuhukira, hubakwa n’uburyo bw’ihuzanzira buzafasha abazakoresha icyo kibuga.
Iyo nzu yo ku kibuga cy’indege yamaze kuzura, ikirimo gukorwa ni ugushyiramo uburyo bwo gukoresha ikoranabuhanga, umuhanda wa Kaburimbo ujyayo no kuzitira icyo kibuga.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier, yabwiye Kigali Today ko imirimo yo gusukura icyo kibuga ikomeje kugenda neza, kandi ko abashyitsi bazitabira inama ya CHOGM, bazakirirwa mu Karere ka Musanze n’abazasura ibyiza nyaburanga by’ako karere bazishima.
Yagize ati “Iriya mirimo irimo gukorwa, ni imirimo mito ijyanye no kwitegura CHOGM, iriya nzu iri kubakwa izaba irimo ICT, ni inzu igenewe abashyitsi aho bazaruhukira akanya gato, mu gihe bazaba basuye Pariki y’ibirunga n’ibindi byiza nyaburanga biboneka muri ako gace”.
Uretse kuba harimo gukorwa imirimo itandukanye muri icyo kibuga cy’indege, Meya Ramuli yavuze ko hari n’umushinga wo kubaka icyo kibuga mu buryo burambye, yemeza ko mu gihe icyo gikorwa remezo kizaba kirimo kubakwa, bizongera iterambere ry’umujyi wa Musanze n’iry’abaturage muri rusange, kuko bazahabwa akazi.
Ati “Umushinga wundi wo kubaka icyo kibuga cy’indege tuwitezeho byinshi, icya mbere uzatanga imirimo y’igihe gito ku baturage, abazakoramo uretse ibisaba ubundi buhanga, abandi bakozi basanzwe bazaba ari abanyamusanze. Icyo kibuga ni kimara kuzura kizongera urujya n’uruza rw’abashyitsi i Musanze, iyo abashyitsi batugana amahoteri arakora, uretse n’amahoteri n’abatanga serivisi z’ubukerarugendo bakira abashyitsi bavuye ku kibuga barunguka, cyongere n’ubwiza mu mujyi wa Musanze”.
Uwo muyobozi yijeje abaturage batarahabwa ingurane z’ahazagurirwa icyo kibuga cy’indege ko biri hafi.
Uretse ikibuga cy’indege kirimo gutunganywa, mu rwego rwo kwitegura neza abashyitsi bazitabira Inama ya CHOGM, hari no gusanwa imihanda ya kaburimbo yagiye yangirika, irimo umuhanda Musanze-Cyanika-Kisoro.
Inkuru zijyanye na: CHOGM 2022
- Dore umusaruro u Rwanda rwakuye muri CHOGM 2022
- Exclusive Interview with Dr Donald Kaberuka on the sidelines of #CHOGM2022
- Video: Tumwe mu dushya twaranze #CHOGM2022
- Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ubutumwa bw’ishimwe
- Urubyiruko rwa Commonwealth rwagaragarije abayobozi ibyifuzo byarwo
- Perezida Kagame yashimiye abitabiriye CHOGM, abifuriza urugendo ruhire
- Gabon na Togo byabaye abanyamuryango bashya ba Commonwealth
- Hari abantu batari muri gereza bari bakwiye kuba bariyo - Perezida Kagame
- Igice kimwe cy’Isi ntigikwiye kugenera abandi indangagaciro - Perezida Kagame
- Ibibazo ntibihora ari iby’urubyiruko gusa, n’abakuze hari bimwe duhuriraho - Perezida Kagame
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wateguwe n’Igikomangoma Charles
- #CHOGM2022: Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga baganiriye ku guhangana n’ingaruka za Covid-19
- Boris Johnson yifurije ishya n’ihirwe Perezida Kagame ugiye kuyobora Commonwealth
- Turi igihugu cyashenywe na Jenoside, ariko ubu cyarahindutse mu mutima, mu bwenge no ku mubiri - Perezida Kagame
- Perezida Kagame yakiriye ku meza abakuru b’Ibihugu bitabiriye CHOGM
- Abitabiriye #CHOGM2022 baryohewe n’umukino wa Cricket
- #CHOGM2022: Uko imihanda y’i Kigali ikoreshwa kuri uyu wa Gatanu
- Perezida Kagame yakiriye Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza
- Imodoka zisaga 100 zikoresha amashanyarazi zirimo gutwara abitabiriye CHOGM
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Kuki bibutse ko bagomba gusana ahangiritse cg kubaka ibishyashya, bivuze ngo iyo CHOGM itaza kuzabera mu Rwanda ntibyari gukorwa, abanyarwanda dufite umucyo wo gukorera kuri bambone neza. Murakoze.