Minisitiri w’Intebe yasabye ko abarenganijwe bose barenganurwa
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yavuze ko mu mpera z’ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza kwatangiye tariki 22/01/2013 ibibazo byose by’akarengane bigomba kuba byarakemuwe, aboneraho asaba abayobozi bose mu nzego z’ibanze ko bagomba kubicyemura mu maguru mashya.
Ubwo yatangizaga ukwezi kwahariwe kuzirikana ku miyoborere myiza mu Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yavugiye mu Karere ka Rwamagana ko abayobozi bahawe umukoro udasanzwe wo gucyemura ibibazo byose by’akarengane, abaturage barenganijwe mu buryo ubwo aribwo bwose bakarenganurwa.
Minisitiri w’Intebe yagize ati “Abayobozi bose twabahaye inshingano yihutirwa yo gusohoka bakava mu biro, bagasanga abaturage aho batuye mu Midugudu no mu Mirenge, bagacyemura ibibazo byose by’akarengane bikibabangamiye.”
Minisitiri w’Intebe yavuze ko inshinganyo y’umuyobozi uwo ariwe wese ari ugufasha abaturage aba ashinzwe kuva mu bibazo, bagafatanya gushaka ibisubizo by’ibibazo bibabangamiye ndetse akanababera imboni ireba ahari ibyiza byabagirira akamaro akabibagezaho.
Minisitiri w’Intebe ati “Gahunda y’imiyoborere myiza u Rwanda rwiyemeje ni icyo ivuga. Ni ugufasha abaturage kuva mu bibazo, abaturage bagatekana ndetse bikarenga kureba ibibazo ahubwo tukanabashakira ibyiza bakagana iterambere, bakivuza, bagahunga bakeza, bagacuruza bakunguka, bakagana iterambere mu mpande zaryo zose.”
Dr Habumuremyi yavuze ko iyo miyoborere myiza u Rwanda rwiyemeje igomba kugaragaza umusaruro mu mpinduka nziza n’ibikorwa by’iterambere bigomba kugaragara hose mu gihugu.
Uretse amabwiriza ya minisitiri w’Intebe yo gucyemura ibibazo by’akarengane byose, muri uku kwezi abayobozi basabwe gukora ibikorwa byose bijyana n’insanganyamatsiko yagenewe ukwezi kw’imiyoborere kw’imiyoborere myiza yiswe Imiyoborere myiza igamije kwihutisha iterambere n’indangagaciro yo kwigira.
Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza mu mwaka ushize wa 2012, ubu kurizihizwa mu Rwanda hose ku nshuro ya kabiri.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, avuga ko isesengura minisiteri yakoze ryagaragaje ko mu kwezi kw’imiyoborere myiza hacyemurwa ibibazo byinshi biba bibangamiye abaturage, ndetse abaturage ngo banabona umwanya wihariye wo gusabana no kujya inama n’abayobozi.
Ahishakiye Jean d’Amour
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
plz,check your news before you print.example:guhinga#guhunga.