Minisitiri w’Intebe yasabiye ibihano abakozi babiri b’akarere ka Nyanza
Mukantaganzwa Brigitte na Bizimana Charles bakora mu karere ka Nyanza basabiwe ibihano na Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr Habumuremyi Pierre Damien nyuma y’uko bagaragaweho n’amakosa arebana n’imicungire mibi y’umutungo wa Leta.
Aba bakozi bombi bazakatwa ¼ cy’umushahara wabo w’ukwezi kwa Mutarama 2013 nk’uko inama Njyanama y’akarere ka Nyanza yateranye ku wa 28/12/2012 yabyemeje nyuma yo kubisabwa na Minisiteri w’Intebe w’u Rwanda binyuze mu ibaruwa yandikiye umuyobozi w’akarere Murenzi Abdallah asabwa kubafatira ibihano byo mu rwego rw’akazi.
Mu kiganiro na Ir Kambanda Rucweli Hormisdas, Perezida w’inama Njyanama y’akarere ka Nyanza yemeje ko abo bakozi bahanwe biturutse ku ibaruwa umuyobozi w’akarere ka Nyanza yandikiwe na Minisitiri w’intebe amusaba ko bahanirwa amakosa yabagaragayeho mu mirimo bashinzwe.
Usibye abo bakozi babiri bahawe ibyo bihano byo mu rwego rw’akazi, Inama Njyanama y’akarere ka Nyanza yanafashe umwanzuro wo kwimura umukozi witwa Akimana Speciose akajya gukorera ahandi nyuma y’uko yari amaze iminsi atarebana neza na mugenzi we witwa Nyiracumi Généreuse bakorana.
Icyakora intandaro y’uwo mwuka mubi wagaragaye hagati yabo bakozi bombi perezida w’Inama Njyanama y’akarere ka Nyanza yirinze kugira icyo abivugaho mu itangazamakuru ubwo yabazwaga kuri icyo kibazo kigiwe mu muhezo mu buryo burambuye.
Jean Pierre Twizeyeyezu
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Nanjye ndaryungamo "kiriya sigihano" ni urwiyerurutso ntibakajye batubeshya.Nyamara umuturage yiyibira igitoki akitwa"umujura" akanafungwa,ariko abayobozi bo barabyemerewe!!!!!
ariko koko 1/4 cy’umushahara . Ubwo ni igihano? bagiye bareka gukina n’imvune z’ abanywarwanda. Umuntu yacunze nabi amafaranga y’abaturage ngo bamukase 1/4 y’umushara. Birababaje ni ukuri.