Minisitiri w’intebe w’u Buhinde azagabira abatuye Rweru inka 200
Minisitiri w’u Buhinde Narendra Modi uzagenderera u Rwanda mu cyumweru gitaha azaremera abaturage bo mu mudugudu wa Rweru inka 200.

Ikinyamakuru New Dehli cyatangaje ko izo nka azaha abatuye umudugudu w’ikitegererezo wa Rweru, ari inka z’inyarwanda zitazatezwa ikibazo n’ikirere gishya.
Minisitiri w’u Buhinde ushinzwe imibanire mpuzamahanga, T S Tirumurti, yavuze ko umuhango wo gutanga inka ari agace gakomeye mu rugendo rwose rwa Minisitri Modi.
Yagize ati “Kugabira inka abaturage bizaba ari igikorwa cyo gushima Abanyarwanda kubera uburyo babanira neza n’Abahinde bahatuye.”
Minisitiri Modi kandi azajya ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali kugira ngo arebe amahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Inkuru zijyanye na: India
- VIDEO: Minisitiri w’intebe w’ u Buhinde Narendra Modi aherekejwe na Perezida Kagame bagabiye abaturage ba Rweru Inka 200
- Nsogongeye ku buzima bw’icyaro mu Rwanda- Minisitiri w’Intebe Narendra Modi
- Gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali byankoze ku mutima - Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde
- Kuba inshuti y’u Rwanda biduteye ishema- Minisitiri w’intebe w’u Buhinde
- Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi ageze mu Rwanda
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|