Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
Muri uyu minsi y’ikiruhuko ubwo abantu benshi baba baruhutse, Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, aremeza ko bakwiye gukoresha ako karuhuko bareba ubwiza buatse igihugu cyabo aho kumara igihe cyabo banywa inzoga gusa.
Ati: “Umunsi wa6 suwo kwiyicisha ibisindisha ni umwanya wo kuruhura umubiri binyuze muri sport,gusoma,gutembera tureba ibyiza by’u #Rwanda.”
Ibi umukuru wa guverinoma arabitangaza mu gihe hari abahitamo gutangirira wikendi mu kabari. Akenshi usanga ariho bayisoreza cyane cyane muri gihe cy’ubushyuhe benshi bakabyita kwimara icyaka.
Gusa hari n’abafata umwanya wo gusura abavandimwe n’incuti zabo cyangwa gucyemura izindi gahuta batabona uko bakemura mu mibyizi.
Minisitiri w’Intebe atanze iyi nama kandi mu gihe Abanyarwanda bakomeje kugawa kutitabira gusura ibikorwa n’ibyiza nyaburanga bitatse igihugu cyabo. Imibare y’ishami rishinzwe ubukerarugendo igaragaza ko umubare w’abanyamahanga basura ibitatse igihugu ariwo mwinshi kuruta uw’Abanyarwanda.
Emmanuel N. Hitimana
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
- “Nta mahane abatuye habi bagomba guteza, imibare iteye ubwoba”, Ministiri w’Intebe
Ibitekerezo ( 11 )
Ohereza igitekerezo
|
iki gitekerezo sikibi, ariko kandi twarebye aho dushoboye ahandi ni kure natwe bazaduhe amamodoka tuzajye twirirwa dutembera. ubuse bitanu byakujyana i cyangugu bikakugarura ko nduzi Kigali yo nayizengurutse inshuro utabara?
iki gitekerezo sikibi, ariko kandi twarebye aho dushoboye ahandi ni kure natwe bazaduhe amamodoka tuzajye twirirwa dutembera. ubuse bitanu byakujyana i cyangugu bikakugarura ko nduzi Kigali yo nayizengurutse inshuro utabara?
urebye ukuntu abanyamahanga baturatira iwabo , kandi ntacyiza cyibayo, wareb aukuntu mu rwanda hari uduce twinshi twiza ariko abanyarwanda batazi, usanga bibabaje, cyera ngo mu rwanda umuntu wavukiye i kigali yashoboraga kugira imyaka 30 cyangwa irenze ntahandi hantu azi mu gihugu wamubaza akagusubiza ngo nari kujyayo gukora iki se ko byose nabibonaga i kigali!ahahahah!!!!!PM rero aravuga neza, abanze ashishikarize n’abagize gouvernement gukunda igihugu bagisura hirya no hino ndtse binjiza n’agafaranga mubucyerarugendo mwibaze niba ku baturage 11 000 000 ubu bagize u rwanda nibura 3000 000 bashoboye gusura za parcs zacu amafranga twaba twinjije ku mwaka!!!
wasura park ushonje? mubanze mutugaburire ubundi tuyisure.
urebye ukuntu abanyamahanga baturatira iwabo , kandi ntacyiza cyibayo, wareb aukuntu mu rwanda hari uduce twinshi twiza ariko abanyarwanda batazi, usanga bibabaje, cyera ngo mu rwanda umuntu wavukiye i kigali yashoboraga kugira imyaka 30 cyangwa irenze ntahandi hantu azi mu gihugu wamubaza akagusubiza ngo nari kujyayo gukora iki se ko byose nabibonaga i kigali!ahahahah!!!!!PM rero aravuga neza, abanze ashishikarize n’abagize gouvernement gukunda igihugu bagisura hirya no hino ndtse binjiza n’agafaranga mubucyerarugendo mwibaze niba ku baturage 11 000 000 ubu bagize u rwanda nibura 3000 000 bashoboye gusura za parcs zacu amafranga twaba twinjije ku mwaka!!!
Igitekerezo ni cyiza, gusa uburyo bwo kuhagera ntibworoheye bose. Tuvuge mu kagera. Usanga bisaba ko umuntu aba afite imodoka ye. Haramutse hari agence zifasha abantu kugerayo kubiciro byiza zabimenyekanisha.
twabyishimiye inama umuyobozi wacu ya twigishije
ibyo umuyobozi wacu avuze nukuri kuko kunywa ibisindisha ni Imana irabyanga inama nakwongeraho nuko bamwe nabana babo baba babakeneye
Yego kumenya igihugucyawe nibyizacyaneee. Ariko mume
nyeko gusura atari ubuntu.Uriwhyura yego ntabwoarimeshi
ugereranyije nabanyamahanga.Ubwo Gover ishobora kongea
imishahara noneho abajyakumaricyaka agasagurira gusohoka bonimiryangoyabo.Bitagenzekuriya ndu mva
BraliRwa imisoro itanga yagabanuka.
Nk’umushoramari mu kigo cya Bralirwa kiri kuri Stock Exchange, ibyo Ministiri w’intebe avuga ndumva bibangamiye inyungu zanjye.
Ministiri wintebe ndamwemera cyane.
Nanje nzaja muri nyungwe kuhasura.
Dukyeneye abayobozi bafasha guhindura imyunvire abanyarwanda aho niho iterambere rili.
Imana ibibafashe nyakubahwa.