MINALOC yatanze nomero wahamagara igihe ubonye abarenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), irasaba Abaturarwanda ko mu gihe hari aho babonye abantu batubahiriza ingamba n’amabwiriza byo kwirinda COVID-19, bahamagara imwe nomero zatanzwe, bitewe n’akarere baherereyemo.

Ni muri urwo rwego MINALOC yagaragaje urutonde rw’uturere twose uko ari 30 na nomero za telefoni umuturage yahamagaraho, bitewe n’akarere arimo, agatanga amakuru ku barenze ku mabwiriza.

Mi kiganiro inzego zinyuranye zirimo na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), ziherutse guha itangazamakuru, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase, yavuze ko inzego z’ibanze zongereye imbaraga mu gufasha iz’umutekano gukurikirana iyubahirizwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Yasabye abaturage muri rusange kandi na bo kuba maso, bakajya batanga amakuru mu gihe babonye ahari abatubahiriza amabwiriza yashyizweho.

Reba nomero wahamagaraho bitewe n’akarere urimo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Bazashyireho na WhatsApp

Oliver yanditse ku itariki ya: 26-07-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka