Maroc: Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bitabiriye inama ku mihindagurikire y’ikirere

Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bari muri Moroc, i Marrakesh aho bitabiriye inama ya 22 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ikirere (COP 22)

Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bakigera ku kibuga cy'indege muri Maroc
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bakigera ku kibuga cy’indege muri Maroc

Bageze muri icyo gihugu ku gicamunsi cyo ku wa mbere tariki ya 14 Ugushyingo 2016.

Iyo nama ya COP 22 yatangiye kuva tariki ya 07 Ugushyingo ikazasozwa tariki ya 18 Ugushyingo 2016.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa kabiri tariki ya 15 Ugushyingo 2016, Perezida Kagame n’abandi bakuru b’ibihugu bitabiriye iyo nama bari bugirane ibiganiro.

Barungurana ibitekerezo ku cyakorwa kugira ngo hajye haboneka miliyari 100 z’amadolari buri mwaka yo gufasha ibihugu kurwana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Andi mafoto

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka