Leta igiye gutangira gufasha abatishoboye guhera kuri uyu wa Gatandatu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Prof Shyaka Anastase, abicishije kuri Twitter, yatangaje ko Leta igiye gutangira gufasha abatishoboye ngo babone ibibatunga muri iki gihe batabasha gusohoka ngo bajye gukora kubera icyorezo cya COVID-19.

Minisitiri Shyaka asaba abatanga imfashanyo gukora ku buryo amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yubahirizwa
Minisitiri Shyaka asaba abatanga imfashanyo gukora ku buryo amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yubahirizwa

Yavuze ko iyo gahunda igiye guhita ishyirwa mu bikorwa guhera kuri uyu wa 28 Werurwe 2020, akaba abitangaje nyuma y’aho Perezida Kagame ku mugoroba wo ku wa 27 Werurwe 2020, agejeje ijambo ku Banyarwanda rirebana n’icyorezo cya Coronavirus n’ingaruka zacyo ku gihugu, ari bwo yavuze ko gufasha abatishoboye bigomba kwihutishwa.

Prof Shyaka yagarutse ku buryo icyo cyemezo kigiye gushyirwa mu bikorwa hanubahirizwa ingamba zo kwirinda icyo cyorezo.

Yagize ati “Haratangwa ibiribwa n’ibindi bikoresho by’ibanze, bitangwe na komite ziri ku mudugudu n’izo ku kagari, naho izo ku murenge zizunganire. Biratangwa urugo ku rundi bityo tunubahirize amabwiriza yo kwirinda Coronavirus”.

Avuga kandi ko hifashishwa na ba mutwarasibo, cyane ko baba bazi ingo z’abagenerwabikorwa, aho bikenewe bakunganirwa n’izindi nyangamugayo zituye aho.

Prof Shyaka yavuze kandi ko ubufasha bwa Leta isanzwe itanga ku batishoboye, urugero nka VUP, bukomeza gutangwa kandi bukihutishwa.

Ku baturage bashaka kugoboka abandi, Minisitiri Shyaka yavuze ko bagomba kubanza kubimenyesha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bubegereye kugira ngo hirindwe akajagari n’akavuyo, ngo za komite zavuzwe ni zo zigomba kugeza imfashanyo ku bo igenewe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Congs,kuri leta yacu ariko ubwo batangiye bavugako iyinkunga izagenerwa abatishoboye wasanga ihawe bamwe basanzwe bahabwa inkunga y’ingoboka kumwe nabandi bo mubyiciro bya 1&2,nukuri twaba tubirenganiyemop!uko mbyumva iyinkunga yabanguka kandi igahabwa abanyarwanda bose havuyemo abakozi ba leta bahembwa burikwezi kumwe n’abacuruzi bafite amastockariko abapadiri n’aba pastor nabo ntibazahabwe ku ko burya haruko bifashije murakoze.

MUGABO Giaume yanditse ku itariki ya: 28-03-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka