#Kwibohora26: Uturere tw’i Kigali twatanze impano y’inzu, amashuri n’ibigo by’ubuvuzi
Uturere tugize Umujyi wa Kigali twizihirije bamwe mu baturage batwo isabukuru y’imyaka 26 u Rwanda rumaze rwibohoye, dutanga impano y’inzu, ibigo by’ubuvuzi n’amashuri bishyashya, ndetse n’ibiribwa.
Nyarugenge
Ubuyobozi bw’aka karere bubifashijwemo n’Ikigo gishinzwe Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) batanze inzu y’urwunge yubatswe mu Murenge wa Mageragere mu Kagari ka Kankuba mu mudugudu wa Rugendabare.
Uyu mugududu usanzwe wubatswe mu buryo bw’icyitegererezo utuwe n’indi miryango 72 yiganjemo abaturage barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikigo RSSB kivuga ko iyo nzu igezweho yubatswe hatanzwe amafaranga y’u Rwanda miliyoni 228, kikaba cyarayigeneye abari abaturanyi bacyo mu murenge wa Muhima batagiraga aho kuba.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy avuga ko muri rusange ku isabukuru ya 26 yo kwibohora, hari imiryango 36 yamaze gutuzwa mu nzu nshyashya, ariko hakiri n’indi 37 izatuzwa muri uku kwezi kwa karindwi.
Uyu muyobozi yagaragaje kandi ibitaro bishya byubatse i Nyamirambo, bikaba biteganyijwe kuzunganira ibya Muhima kuko bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi bavurwa bataha nibura 300 ku munsi, ndetse n’abashobora kurara barenga 120.
Agira ati “Ni ibitaro bifite serivisi zihambaye zirenze izatangwaga n’ibitaro bya Muhima, kandi iki ni icyiciro cya mbere kuko hari ibindi byiciro byo kubigira ivuriro ryo ku rwego rufasha Igihugu muri rusange”.
Akarere ka Nyarugenge kandi kamuritse amarerero arimo iryo ku Muhima rizafasha abana b’abahoze bacururiza mu muhanda kubona aho birirwa mu rwego kubarinda gukubaganira ababyeyi mu gihe barimo gucururiza mu isoko bubakiwe.
Gasabo
Aka karere kahaye imiryango 42 inzu zo guturamo mu mirenge itandukanye, ndetse n’inzu zirindwi (7) z’icyitegererezo zatashwe mu Murenge wa Bumbogo, zo zikaba zatujwemo imiryango 14 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inama y’igihugu y’abagore ifatanyije n’Urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi, baremeye abagizweho ingaruka na gahunda ya “Guma mu Rugo” hamwe n’abamugariye ku rugamba batuye mu mirenge ya Jabana na Gikomero, aho babashyiriye ibiribwa n’ibikoresho by’isuku.
Muri aka karere kandi hatashywe ibikorwa birimo ibiro by’icyitegererezo by’umudugudu w’Akaruvusha mu kagari ka Gacuriro i Kinyinya, byatwaye amafaranga y’u Rwanda miliyoni 9.8, imihanda, isoko ryubatswe hakoreshejwe miliyoni 83, hamwe n’ikigo cy’ubuvuzi mu mudugudu wa Byimana, mu Kagari ka Musezero mu Murenge wa Gisozi.
Kicukiro
Ku rwego rw’Akarere hatashywe Ikigo cy’ishuri ry’icyitegererezo (School of Excellence) G.S Karembure mu Murenge wa Gahanga, rikaba ryari ryatangijwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muganda yahakoreye mu mwaka wa 2017.
Ni ishuri ryuzuye ritwaye Miliyari 2,5Frw, rikaba ryubatswe mu buryo bugeretse kandi rifite ibyangombwa byose bikenerwa n’abanyeshuri. Rifite ibyumba byigirwamo 36, rikaba rifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri 2,160.
Ababyeyi baturiye iryo shuri bavuga ko rije kuruhura abana urugendo rukabakaba ibirometero bitatu (3km) bakoraga bajya ku yandi mashuri asanzwe.
Inkuru zijyanye na: kwibohora26
- Perezida Kagame yashimiye ababohoye u Rwanda
- Tariki 01 Ukwakira 1990: Twibukiranye amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda
- Gupfusha abasirikare n’abayobozi ntibyaduciye intege – General Kabarebe
- Kibonge cya Musituni ntiyaciwe intege no kwiga wenyine mu bana 23 bavukana
- Rwamagana: Barishimira imihanda ya Kaburimbo yongerewe mu mujyi n’inzu zubakiwe abatishoboye
- Ruhango: Abatishoboye bubakiwe inzu zizatuma bagira imibereho myiza
- Uyu musozi waradufashije kuko twabaga tureba ibirindiro byose by’umwanzi - Lt Col (Rtd) Ndore Rulinda
- Muhanga: Inzu z’abatishoboye n’ibiraro byo mu kirere bujuje ni intambwe ishimishije mu kwibohora
- Mfite icyizere cyo kuzandika amateka ku rugamba rwo kwibohora – Perezida Kagame
- #Kwibohora26: Iburengerazuba bibanze ku gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage
- Uyu munsi ndamutse mpfuye nabwira ababyeyi banjye ko ibyo barwaniye byagezweho – Tom Close
- Gisagara: Barashimira Perezida Kagame kubera ikusanyirizo ry’amata begerejwe
- Kamonyi: Barishimira umuyoboro w’amazi meza n’inzu z’abatishoboye bujuje
- Intama yagaragaye hamwe n’Inkotanyi ntiyari umupfumu wacu - Gen. Kabarebe
- #Kwibohora26: Ibikorwa biteza imbere abaturage byatwaye Miliyari 88 FRW
- Nyagatare: Mu ruzinduko rwa Perezida Kagame hagarutswe ku ishingwa ry’umutwe w’ingabo zabohoye igihugu
- #Kwibohora26: Ibikorwa remezo bya Siporo byariyongereye, Abanyarwanda barasusuruka
- Kurwanya COVID-19 ni urundi rugamba tugomba gutsinda - Perezida Kagame
- Nyagatare: Perezida Kagame yasobanuriwe impamvu ibitaro bya Gatunda byadindiye
- Impundu zitashye i Butahwa
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|