Kristalina Georgieva uyobora IMF ari mu ruzinduko mu Rwanda

Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), Kristalina Georgieva ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itatu.

Akigera i Kigali, Kristalina yakiriwe na Minisitiri Ndagijimana
Akigera i Kigali, Kristalina yakiriwe na Minisitiri Ndagijimana

Kristalina yageze ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali ku mugoroba tariki 24 Mutarama 2023, yakirwa na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambo, Dr. Uzziel Ndagijimana.

Mu bizibandwaho muri uru ruzinduko, harimo kureba gahunda na politiki u Rwanda rwafashe mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, ndetse n’inkunga zikenewe ngo izo gahunda zigerweho uko bikwiye, hagendewe ku nkunga IMF yahaye u Rwanda.

Ikigega IMF gisanzwe gifite ubufatanye bwiza n’u Rwanda, kuko mu mwaka wa 2022 cyahaye u Rwanda inkunga ingana na miliyoni 315 z’Amadolari y’Amerika mu gihe cy’amezi 36, agenewe ibikorwa byo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.

Ushinzwe u Rwanda mu kigega mpuzamahanga, Haimanot Teferra, avuga ko u Rwanda rubaye igihugu cya mbere muri Afurika cyemerewe amafaranga n’ikigega mpuzamahanga mu cyiswe ‘Resilience & Sustainability facility fund’, iyi nkunga igamije gufasha ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere kudahungabanywa n’ihindagurika ry’ikirere.

Kristalina Georgieva kandi yaraye yakiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente basangira hamwe n’abandi bayobozi.

Kristalina yakiriwe kandi na Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente
Kristalina yakiriwe kandi na Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka