Kimironko inyama zabuze abaguzi: Bimwe mu byaranze Noheli muri Kigali

Hirya no hino mu Mujyi wa Kigali, aho umunyamakuru wa Kigali Today yageze kuri uyu wa 25 Ukuboza 2023, ku munsi mukuru wa Noheli, abacuruza inyama batangaje ko abaguzi bazo batabaye benshi nk’ibisanzwe, ariko agasembuye ko ngo kitabiriwe.

Muri Kigali abakiriya b'inyama ngo babaye bake
Muri Kigali abakiriya b’inyama ngo babaye bake

Ku isoko rya Kimironko, abacuruza inyama, baganiriye n’umunyamakuru wa Kigali Today, hari mu ma saa sita z’amanywa, bavuze ko ubusanzwe izo saha babaga bamaze kugurisha inyama z’inka zirenga zirindwi, ariko zikaba zari zigihari uko zakabaye.

Inyama z’ingurube zizwi nk’akabenzi zo igiciro cyazamutse, aho zirimo kugura 4000/ ku kilo, zivuye ku 3800.

Ni mu gihe ibinyobwa bisembuye byo ngo birimo kunyobwa nk’uko bisanzwe mu minsi isoza icyumweru (weekend). Ahatangirwa izindi serivisi ho ahenshi harafunze.

Agasembuye ko ariko ngo kitabiriwe nk'ibisanzwe
Agasembuye ko ariko ngo kitabiriwe nk’ibisanzwe

Naho ku birebana n’imodoka zitwara abagenzi mu mujyi wa Kigali, aho umunyamakuru wa Kigali Today yabashije kugera, yahasanze imirongo miremire, abagenzi bavuga ko babuze imodoka zibageza muri gare ya Nyabugogo, kugira ngo bafate iziberekeza iwabo mu ntara.

Abagenda muri Kigali ngo bagowe no kubona imodoka
Abagenda muri Kigali ngo bagowe no kubona imodoka
Serivisi nyinshi ntizafunguye imiryango
Serivisi nyinshi ntizafunguye imiryango
Hari banki zitakoze
Hari banki zitakoze
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka