Kigali: Guturitsa urufaya rw’urumuri mu gusoza umwaka byasubitswe

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko bwahagaritse igikorwa cyari cyateguwe cyo guturitsa urufaya rw’urumuri (Fireworks) mu rwego rwo kwizihiza isozwa ry’umwaka no gutangira undi.

Iki gikorwa cyari giteganyijwe kuba kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Ukuboza 2021 saa sita z’ijoro, nk’uko mbere byari byatangajwe.

Umujyi wa Kigali wavuze ko iki gikorwa cyahagaritswe mu rwego rwo gukaza ingamba zo gukumira ubwandu bwa COVID-19 bukomeje kwiyongera cyane cyane mu Mujyi wa Kigali.

Iryo tangazo ryashyizweho umukono n’umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, risaba abantu bose gukomeza kwitwararika no gukaza ingamba mu guhangana na koronavirusi .

Umujyi wa Kigali utangaje ibi mu gihe ku wa Kane tariki 30 Ukuboza 2021 abantu 1,488 (6.1%) babasanzemo Koronavirusi mu bipimo 24,501.

Mu Mujyi wa Kigali honyine abantu 764 ni bo batahuweho icyo icyorezo mu 1,488 babonetse.

Reba uko ibishashi by’imiriro byaturikijwe mu Mujyi wa Kigali mu ijoro ry’Ubunani bwa 2020

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ko mwabigize amamiliyoni menshi se mwabiturikije tukarasa covid, aduyi, nibindi bibi byose

mukota yanditse ku itariki ya: 31-12-2021  →  Musubize

Ko mwabigize amamiliyoni menshi se mwabiturikije tukarasa covid, aduyi, nibindi bibi byose

mukota yanditse ku itariki ya: 31-12-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka