Kicukiro: Inzego zose zahagurukiye gukaza imyiteguro ya CHOGM
Inzego z’ubuyobozi mu Karere ka Kicukiro kuva ku mugududu kugera ku Karere, zahagurukiye gukaza imyiteguro y’Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu Muryango wa Commonwealth, izatangira mu cyumweru kizatangira tariki 20 Kamena 2022 ikabera i Kigali.
Ni muri urwo rwego, mu mpera z’icyumweru gishize, izi nzego zose zahuriye mu nama igamije kwiga ku myiteguro y’iyi nama, ndetse n’izindi ngingo zirimo umutekano, iterambere n’izindi.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, avuga ko izi nzego zose zahuye ngo zisuzume ingingo zitandukanye zireba imibereho n’iterambere ry’abaturage, ariko batibagiwe no kureba ku myiteguro y’inama ya CHOGM.
Yagize ati “Ntitwakwibagirwa no kuvuga ku myiteguro y’inama ya CHOGM ari na ho twakuye umwanzuro w’uko tugiye kugaragaza ubudasa mu midugudu mu gukemura ibyo bibazo”.
Uretse ibyo kandi, uyu muyobozi yongeraho ko umuturage wa Kicukiro akwiye kugira umutekano kugira ngo n’abashyitsi bazitabira iyo nama na bo bazabe bizeye umutekano.
Ati “Nk’abantu tuzaba dufite abashyitsi, tugomba gushyiramo akarusho. Iyi nama iradusaba gukomeza kunoza ibyo n’ubundi Umunyarwanda yari akeneye ariko no mu muco nyarwanda baravuga ngo umushyitsi akurisha imbuto”.
Arongera ati “Ibyo bisobanuye ko niba dufite abashyitsi, ibyo twakoraga twebwe ubwacu tugomba gushyiraho akarusho kugira ngo twitegure neza, bityo n’Abanyarwanda babyungukiremo”.
Umuyobozi w’Umudugudu wa Bigo mu Kagari ka Karembure mu Murenge wa Gahanga, Ngendahimana Jean Damascene, na we avuga ko basanze ibyo basabwa gukora, n’ubundi bisanzwe biri mu nshingano zabo za buri munsi.
Akavuga ko mu gihe u Rwanda rugiye kwakira inama ya CHOGM, abakuru b’imidugudu basabwa gushyira imbaraga zidasanzwe mu myiteguro kugira ngo iyi nama izagende neza.
Ati “Tugiye kwakira iyi nama ya CHOGM, biradusaba imbaraga kugira ngo tugire byinshi duhindura bityo izagende neza natwe abaturage tubigizemo uruhare”.
Mu bikorwa Ngendahimana avuga ko abakuru b’imidugudu bagiye gushyiramo imbaraga, harimo amasuku mu midugudu aho batuye, kugenzura neza ko umutekano w’abantu n’ibyabo wubahirizwa, bakanita kuri serivisi nziza bageza ku baturage.
Akarere ka Kicukiro karimo gushyira imbaraga mu bikorwa remezo kugira ngo abaturage bazagire imihanda yindi bakoresha yunganira isanzwe.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro Umutesi Solange, akaba asaba abaturage bose kugira uruhare muri iyi myiteguro, kandi bakumvira abayobozi babo kugira ngo bajyanemo.
Inkuru zijyanye na: CHOGM 2022
- Dore umusaruro u Rwanda rwakuye muri CHOGM 2022
- Exclusive Interview with Dr Donald Kaberuka on the sidelines of #CHOGM2022
- Video: Tumwe mu dushya twaranze #CHOGM2022
- Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ubutumwa bw’ishimwe
- Urubyiruko rwa Commonwealth rwagaragarije abayobozi ibyifuzo byarwo
- Perezida Kagame yashimiye abitabiriye CHOGM, abifuriza urugendo ruhire
- Gabon na Togo byabaye abanyamuryango bashya ba Commonwealth
- Hari abantu batari muri gereza bari bakwiye kuba bariyo - Perezida Kagame
- Igice kimwe cy’Isi ntigikwiye kugenera abandi indangagaciro - Perezida Kagame
- Ibibazo ntibihora ari iby’urubyiruko gusa, n’abakuze hari bimwe duhuriraho - Perezida Kagame
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wateguwe n’Igikomangoma Charles
- #CHOGM2022: Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga baganiriye ku guhangana n’ingaruka za Covid-19
- Boris Johnson yifurije ishya n’ihirwe Perezida Kagame ugiye kuyobora Commonwealth
- Turi igihugu cyashenywe na Jenoside, ariko ubu cyarahindutse mu mutima, mu bwenge no ku mubiri - Perezida Kagame
- Perezida Kagame yakiriye ku meza abakuru b’Ibihugu bitabiriye CHOGM
- Abitabiriye #CHOGM2022 baryohewe n’umukino wa Cricket
- #CHOGM2022: Uko imihanda y’i Kigali ikoreshwa kuri uyu wa Gatanu
- Perezida Kagame yakiriye Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza
- Imodoka zisaga 100 zikoresha amashanyarazi zirimo gutwara abitabiriye CHOGM
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|