Kicukiro: Batashye ishuri ry’icyitegererezo rifite agaciro ka miliyari 2,5 FRW
Muri gahunda yo kwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 26 u Rwanda rumaze rwibohoye, abaturage b’Umurenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro batashye ku mugaragaro ishuri ry’icyitegererezo rya Groupe Scolaire Karembure rifite agaciro ka Miliyari 2,5 FRW.

Umuhango witabiriwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa ari kumwe na Arikiyepisikopi wa Arikidiyosezi ya Kigali Musenyeri Antoine Kambanda n’Umuyobozi w’inkeragutabara mu Mujyi wa Kigali Col. Alexis Kayumba.
Ishuri ry’icyitegererezo rya Groupe Scolaire Karembure rifite ibyumba bibiri by’ikoranabuhanga bigezweho (Smart Classrooms) na murandasi (internet) ikoresha umurongo wihuta, bizafasha abanyeshuri gukora ubushakashatsi no kurahura ubumenyi butandukanye hirya no hino ku isi.
Ataha ku mugaragaro iri shuri, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa yasabye abaturage n’abarezi gufata neza iri shuri no kuribyaza umusaruro uryitezweho.

Bwana Rubingisa yagize ati: “Mugomba gukomeza gushyigikira ibyagezweho mu iterambere no kubyitaho uko bikwiye”.
Umwe mu babyeyi barerera muri iri shuri rigezweho yashimiye ubuyobozi bukuru bw’igihugu bwatanze inkunga yo kuryubaka. Yagize ati: “Ubusanzwe abana bacu bakoraga urugendo ruri hagati y’ibirometero bine na bitanu (4-5 km) bajya ku ishuri bigatuma batiga neza, iri shuri rije ari igisubizo ku bana bacu bagiye kwiga hafi”.
Ishuri ry’icyitegererezo rya Karembure mu Karere ka Kicukiro ryubatswe mu buryo bugezweho rikaba rifite ibyumba byigirwamo 36 n’ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri 2,160.
Rifite Laboratwari 2 z’Ubutabire, ibinyabuzima n’ubugenge, Isomero, ibibuga by’imikino n’ibindi. Ibikorwa byo kuryubaka byatangijwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muganda yahakoreye mu mwaka wa 2017.

Inkuru zijyanye na: kwibohora26
- Perezida Kagame yashimiye ababohoye u Rwanda
- Tariki 01 Ukwakira 1990: Twibukiranye amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda
- Gupfusha abasirikare n’abayobozi ntibyaduciye intege – General Kabarebe
- Kibonge cya Musituni ntiyaciwe intege no kwiga wenyine mu bana 23 bavukana
- Rwamagana: Barishimira imihanda ya Kaburimbo yongerewe mu mujyi n’inzu zubakiwe abatishoboye
- Ruhango: Abatishoboye bubakiwe inzu zizatuma bagira imibereho myiza
- Uyu musozi waradufashije kuko twabaga tureba ibirindiro byose by’umwanzi - Lt Col (Rtd) Ndore Rulinda
- Muhanga: Inzu z’abatishoboye n’ibiraro byo mu kirere bujuje ni intambwe ishimishije mu kwibohora
- Mfite icyizere cyo kuzandika amateka ku rugamba rwo kwibohora – Perezida Kagame
- #Kwibohora26: Iburengerazuba bibanze ku gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage
- Uyu munsi ndamutse mpfuye nabwira ababyeyi banjye ko ibyo barwaniye byagezweho – Tom Close
- Gisagara: Barashimira Perezida Kagame kubera ikusanyirizo ry’amata begerejwe
- Kamonyi: Barishimira umuyoboro w’amazi meza n’inzu z’abatishoboye bujuje
- Intama yagaragaye hamwe n’Inkotanyi ntiyari umupfumu wacu - Gen. Kabarebe
- #Kwibohora26: Ibikorwa biteza imbere abaturage byatwaye Miliyari 88 FRW
- Nyagatare: Mu ruzinduko rwa Perezida Kagame hagarutswe ku ishingwa ry’umutwe w’ingabo zabohoye igihugu
- #Kwibohora26: Ibikorwa remezo bya Siporo byariyongereye, Abanyarwanda barasusuruka
- Kurwanya COVID-19 ni urundi rugamba tugomba gutsinda - Perezida Kagame
- Nyagatare: Perezida Kagame yasobanuriwe impamvu ibitaro bya Gatunda byadindiye
- Impundu zitashye i Butahwa
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|