Iyo umuryango ukomeye n’igihugu kiba gikomeye - Minisitiri Nyirahabimana

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera Solina Nyirahabimana, avuga ko umuryango ari ishingiro kamere ry’imbaga y’Abanyarwanda, kandi iyo imiryango ikomeye n’igihugu kiba gikomeye, ariko yajegajega n’igihugu kiba kijegajega.

Imiryango yashyingiwe yashimiwe icyo cyemezo ihabwa imifariso
Imiryango yashyingiwe yashimiwe icyo cyemezo ihabwa imifariso

Yabitangaje ku Mbere tariki ya 19 Ukwakira 2020, ubwo imiryango 20 yo mu Karere ka Gatsibo Umurenge wa Kabarore, yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko yasezeranaga kubana byemewe n’amategeko, kimwe mu bikorwa bigamije kureba iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard, avuga ko muri uku kwezi bateganya gushyingira imiryango 300 yamaze kwiyandikisha.

Abari biyandikishije gusezerana kuri uyu wa 19 Ukwakira bari 25 hasezeranye 20 gusa, indi miryango itanu yisubiraho kubera impamvu zitandukanye.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard, avuga ko ibyo atari igitangaza ahubwo ubuyobozi bufite inshingano zo gukomeza kubakangurira kubana byemewe n’amategeko.

Umuyobozi w'Akarere ka Gatsibo Richard Gasana
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Richard Gasana

Ati “Kuba batabonetse twe ntitubibona nk’igitangaza ahubwo birasanzwe, ibyo nk’abayobozi biduha imbaraga zo gukomeza ubukangurambaga kuko bagera igihe bakaza bagasezerana”.

Mu basezeranye harimo abatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Nyabikiri wiswe Yerusalemu, barimo Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya.

Iyamuremye Claver w’imyaka 80 y’amavuko amaranye imyaka 59 n’umufasha we. Avuga ko bifuje kera gusezerana ariko bazitirwa n’igihugu barimo.

Muzehe Iyamuremye yiyemeje guseerzana n'umugore we bamaranye imyaka 59
Muzehe Iyamuremye yiyemeje guseerzana n’umugore we bamaranye imyaka 59

Agira ati “Twarabishatse kera ariko ntibyari bukunde kubera ko aho twabaga nta burenganzira twari dufite kandi na bo ubwabo abanyagihugu benshi ntawabikoraga. Tubonye dutashye twiyemeza kubikora nubwo dushaje bwose”.

Uwamariya Brigitte w’imyaka 61 y’amavuko amaze imyaka 41 abana n’umugabo we.

Avuga ko nubwo basazanye ataburaga impungenge z’uko yasendwa urugo rwe rukinjiramo inkumi.

Uyu musaza n'umukecuru biyemeje gusezerana bageze mu zabukuru
Uyu musaza n’umukecuru biyemeje gusezerana bageze mu zabukuru

Ati “Ariko uzi kuba warabyaye wuzukuruje ukitwa indaya. Ikindi cya kabiri nubwo dusazanye nahoranaga impungenge ko yanta agashaka inkumi kandi ntafite aho ngana. Ubu ni bwo bingaragarije ko dukundana by’ukuri kandi tuzatandukanywa n’urupfu gusa”.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera Solina Nyirahabimana, ashima abasezeranye kuko bafashe icyemezo gikwiye kandi binjiye mu mubare w’ingo zibana mu mahoro n’ubwumvikane.

Agira ati “Umuryango ni ishingiro kamere ry’imbaga y’Abanyarwanda kandi iyo imiryango ikomeye n’igihugu kiba gikomeye ariko yajegajega n’igihugu kikajegajega. Ubundi tubirebere mu mutekano kuko iyo umuryango utekanye n’igihugu kiba gitekanye”.

Umunyamabanga wa Leta muri MINIJUST, Solina Nyirahabimana
Umunyamabanga wa Leta muri MINIJUST, Solina Nyirahabimana

Avuga ko gusezerana imbere y’amategeko ari bumwe mu buryo butuma umuryango utekana ukabana mu mahoro no mu bwuzuzanye. Avuga kandi ko ikije cyototera umuryango kiwugirira nabi kiba cyototera igihugu.

Ukwezi kwahariwe ihame ry’uburinganire gufite insanganyamatsiko igira iti “Kwimakaza ihame ry’uburinganire nk’umusingi w’iterambere rirambye”. Ibi bikorwa byo gufasha imiryango kubana mu buryo bwemewe n’amategeko, kubana mu mahoro n’ubwuzuzanye, Akarere ka Gatsibo kakazabifashwamo n’Ikigo kigamije kugenzura iy’uyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire (GMO).

Abayobozi, abafatanyabikorwa b’akarere, abaturage, abangavu batewe inda n’ababyeyi babo bazigishwa buri wese amenye inshingano ye mu gufasha imiryango kubana neza, ndetse banagaragaze abahohotera abana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka