Ishuri Hope Haven ryahaye ibyo kurya abaturage bo mu midugudu itandatu
Ubuyobozi bw’ishuri ’Hope Haven Rwanda’ riherereye mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, bwatanze ibyo kurya ku baturage batishoboye batuye mu midugudu itandatu igize Akagari ka Rudashya, byose bifite agaciro ka miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda.
- Ibyatanzwe byose bifite agaciro ka miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda
Ishuri rya Hope Haven Rwanda ryashinzwe n’Umunyamerika, risanzwe rifasha abana bavuka mu miryango ikennye bakiga batishyura, ndetse n’ababyeyi babo bagabwa imirimo inyuranye muri iryo shuri, bakayihemberwa.
Muri ibi bihe u Rwanda rwashyizeho ingamba zo guhangana n’ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, iryo shuri ryatekereje ku miryango ikennye ituye mu Kagari ka Rudashya rikoreramo muri rusange, ariko rinatekereza ku miryango y’abana b’abakene baryigamo by’umwihariko, ritekereza kubafashisha ibyo kurya.
Ibyo kurya byatanzwe bigizwe n’umuceli, akawunga, ibishyimbo, umunyu ndetse n’ibikoresho by’isuku.
Umuyobozi ushinzwe imiryango muri Hope Haven Rwanda, Priscillah Kembabazi, avuga ko ubusanzwe inshingano za Hope Haven Rwanda, ari ugufasha imiryango cyane cyane abana, kuko igihe ugaburiye umwana uba ugaburiye umuryango wose muri rusange.
Avuga ko kuva kuwa mbere tariki ya 31 Werurwe 2020, batangiye gufasha abaturage bo mu Kagari bakoreramo batishoboye, mu rwego rwo gufatanya na Leta y’u Rwanda guhangana n’ikwirakwizwa rya Coronavirus.
- Priscillah Kembabazi, ushinzwe imiryango muri Hope Haven Rwanda
Agira ati “Iki ni icyorezo cyagwiririye igihugu cyose muri rusange. Ni yo mpamvu twatekereje gukoresha imbaraga zacu zose n’amasengesho yacu yose, kugira ngo dufashe iyi miryango iri kwicwa n’inzara”.
Uyu muyobozi avuga ko iki gikorwa bazagikomeza uko ubushobozi buzagenda buboneka, mu rwego rwo gukomeza gufasha abaturage bari batunzwe no guca inshuro, bakabasha kuguma mu ngo zabo, hubahirizwa amabwiriza ya Leta agamije gukumira ikwirakwizwa rya Coronavirus.
Mukashyaka Odette, umwe mu baturage bahawe ibyo kurya, afite umuryango w’abantu barindwi, kandi yari asanzwe anakorana n’ishuri Hope Haven Rwanda.
Avuga ko mu muryango wabo baryaga ari uko avuye guca inshuro we n’umugabo we, ku buryo muri iyi minsi ishize imirimo imwe n’imwe yarahagaze bari babayeho nabi cyane.
Uyu mubyeyi ashimira abayobozi ba Hope Haven Rwanda, ku bw’umutima mwiza bagize bagafasha Abanyarwanda, birengagije ko no mu gihugu cyabo hari umubare munini w’abantu bibasiwe n’icyorezo cya Coronavirus.
Ati “Ndashimira ubuyobozi bw’iki kigo. Mbona bakorana n’Imana, kuko urukundo bagira nta wundi muntu wapfa kurushyikira. Turumva n’iwabo muri Amerika abantu barapfa, ariko bakavuga bati reka dufashe Abanyarwanda”.
Undi mukecuru na we wahawe ibyo kurya, ati “Ntababeshye hashize nk’icyumweru n’igice ntacyo kurya mfite, n’imyenda ntiyari ikinkwira. Ubu rero murabona abagiraneza bampaye icyo kurya, ngiye kurya, nywe agakoma mererwe neza. Imyenda noneho iranjyamo”.
Muri rusange iri shuri rimaze gufasha abaturage 400 batuye mu midugudu itandatu igize Akagari ka Rudashya, ariko ubuyobozi bwaryo buvuga ko uko hazakomeza kuboneka ubushobozi bazakomeza gufasha n’abandi bakeneye ibyo kurya muri ibi bihe bidasanzwe byo kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus.
Inkuru bijyanye na: Coronavirus
- Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku kurwanya COVID-19
- Covid-19 iratwegereye cyane, tubyibazeho neza itatwegera kurushaho - Minisitiri Busingye
- Kigali: Polisi yafatiye abantu 13 mu rugo rw’umuturage barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
- Mu Rwanda abantu 182 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri
- Mu Rwanda abantu 277 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri
- Mu Rwanda abantu 257 babasanzemo COVID-19
- Nageze ku muryango w’urupfu Imana ikinga akaboko - Ubuhamya bw’uwakize COVID-19
- Mu Rwanda abantu batanu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 194
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 172
- #COVID19 : Abarwayi bashya 166 barimo 108 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- Kicukiro: Abagera kuri 17 bafashwe bakora ibirori urugo baruhinduye nk’akabari
- Umubare w’abarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 waragabanutse
- #COVID19 : Mu barwayi bashya 169 harimo 125 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 93
- MINEDUC: Nta mwana urwarira ku ishuri ngo ajye mu muryango we adapimwe COVID-19
- #COVID19 : Abarwayi bashya 143 barimo 101 babonetse i Kigali
- U Bushinwa bwangiye itsinda rya OMS kwinjira mu gihugu gukora iperereza ku nkomoko ya Covid-19
- #COVID19 : Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 167, ntawakize
- Mu Rwanda COVID-19 yishe abantu batanu, haboneka abarwayi bashya 107
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|