Inka 99 zimaze kwicwa n’inyamaswa ziva muri Pariki ya Gishwati-Mukura

Aborozi bafite inzuri hafi ya Pariki ya Gishwati-Mukura, bavuga ko bamaze kubura inka 99 ziganjemo inyana n’imitavu ziribwa n’inyamaswa zivuye muri Pariki ya Gishwati-Mukura.

Minisitiri Gatabazi n'abamuherekeje basura ubuyobozi bwa Pariki ya Gishwati-Mukura
Minisitiri Gatabazi n’abamuherekeje basura ubuyobozi bwa Pariki ya Gishwati-Mukura

Icyo kibazo cyatangiye kuva muri Kanama 2020 kugeza ubu, ubuyobozi bw’Urwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB), bukemeza ko bumaze kugezwaho ibibazo 99 bijyanye n’inka zariwe n’inyamaswa, ihene 9 n’intama 10.

Uretse amatungo yariwe, inyamaswa zangije imyaka y’abaturage 49, naho umuntu umwe yakomerekejwe na zo.

Ubuyobozi bwa Pariki ya Gishwati-Mukura buvuga ko ibibazo byatewe n’inyamaswa zivuye muri Pariki ya Gishwati-Mukura ari 168, naho izikekwaho guteza ibyo bibazo zirimo ni impyisi, imbwa, ingunzu, imondo n’urutoni.

Abashyitsi baganirira n'abakozi b'iyo Pariki
Abashyitsi baganirira n’abakozi b’iyo Pariki

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga ko hari inama zatanzwe, kandi Ubuyobozi bugiye kujya bwihutisha igikorwa cyo kwishyura abangirijwe n’izo nyamaswa, ariko asaba aborozi gushaka ubwishingizi bw’amatungo.

Agira ati “Turifuza ko abaturage baba inshuti na Pariki ndetse n’inyamaswa ziyirimo zikaba inshuti n’abaturage, ku buryo ku kibazo cy’inyamaswa ziva muri Pariki zikajya kurya amatungo y’abaturage, ubuyobozi bwayo bugaragaza ingamba zo kubirinda, ndetse abaturage bafite amatungo yariwe n’inyamaswa bakajya batangira raporo ku gihe. Abaturage bafite imitavu bayubakire ibiraro ku buryo inyamaswa zitazapfa kuyisangamo."

Minisitiri Gatabazi avuga ko ingamba zo kurinda amatungo bijyana no gukora uburinzi bw’ijoro ndetse aborozi bakagira ubwishingizi bw’amatungo.

Akomeza avuga ko amafaranga yinjira avuye muri Pariki hari ibikorwa bimwe iyashoramo bifasha abaturage kwiteza imbere.

Minisitiri Gatabazi yakiriwe n'umuyobozi w'Akarere ka Rutsiro
Minisitiri Gatabazi yakiriwe n’umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro

Agashimira abafatanyabikorwa bagiye kugira uruhare mu kuyagura ikava kuri Ha 35,5 ikagera ku buso bwa ha 55.

Abaturage baririwe amatungo n’inyamaswa bavuga ko bishyurwa bitinze ndetse n’abishyuwe bagahabwa amafaranga makeya kuko inka y’ingweba igenerwa amafaranga ibihumbi 250 kandi icyo giciro ari gito.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka