Inama ya CHOGM yagombaga kubera mu Rwanda yongeye gusubikwa
Yanditswe na
Malachie Hakizimana
Ubunyamabanga bw’Umuryango wa Commonwealth uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw"icyongereza bwatangaje ko inama ya CHOGM ihuza ibyo bihugu yagombaga kubera mu Rwanda mu kwezi gutaha yasubitswe.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ubunyamabanga bwa Commonwealth rivuga ko iyo nama yasubitswe bitewe n’uko icyorezo cya COVID-19 gihagaze muri bimwe mu bihugu bigize uwo muryango.
Uwo muryango kandi uvuga ko ushima uko u Rwanda rwari ruhagaze mu myiteguro, bikaba biteganyijwe ko nisubukurwa n’ubundi izabera mu Rwanda.
Inkuru zijyanye na: CHOGM RWANDA 2021
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame n’Igikomangoma Charles baganiriye ku myiteguro ya CHOGM
- Amatariki Inama ya CHOGM izaberaho mu Rwanda yatangajwe
- Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’u Bwongereza ushinzwe Commonwealth
- Abakora muri Hoteli zizakira abazitabira #CHOGM2021 bakingiwe #COVID19
- Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth yaje kureba aho imyiteguro ya #CHOGM2021 igeze
- Itsinda rya Commonwealth ryanyuzwe n’imyiteguro ya CHOGM 2021 mu Rwanda
- U Rwanda na Commonwealth bemeje itariki y’inama ya CHOGM 2021 izabera i Kigali
- U Rwanda rwiteguye guteza imbere imijyi nk’uko biteganywa na Commonwealth - Prof Shyaka
- Inama ya CHOGM yagombaga kubera mu Rwanda yasubitswe
- I Kigali hazamuwe ibendera rya Commonwealth (Amafoto)
- Kigali: Muri Remera hatangijwe Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bugamije kwitegura CHOGM
- Amafoto: Kigali irimo kurimbishwa mu kwitegura inama ikomeye ya CHOGM
- CHOGM izasanga imijyi y’u Rwanda itatse Kinyarwanda
- Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda
- Ibintu ICUMI utazi kuri Commonwealth ije i Kigali
- U Rwanda ruzakira inama ya ’Commonwealth’ ya 2020
Ohereza igitekerezo
|
Byanzebikunze izabera Mu Rwanda oui covd19 Izarindagira ahubwo dukaze ingamba yokwirinda iyonkenya itubuza amahoro n’amahirwe
Mubyukuri iyinama twaritwarayiteguye bihagije hano iwacu mu RWANDA ariko ntakundi byajyenda ikizere kirahari ko byanze bikunze izaba murakoze.
Turashimira abayobozi bacu burwanda batuma duhora turimbere muribyose bidutera ishema twe nkurubyiruko kandi tubigiraho byinshi n’umukoro baba baduha tugomba kuzakora mubihe bizaza natwe tuzaharanira gutera ishema igihugu cyacu
Ntakundi ubwo igihe nikigera izaba kandi twe nk’abanyarwanda turakomeza imyiteguro tuzayakira.
Mubyukuri birababaje kumva ko iyi nama yahagaritswe. Ariko uko biri kose Ndasaba Abanyarwanda dukomeze tube intore twirinda Kandi twirinda nabandi iki cyorezo kibaye inkomyi ku mugisha twari twiteguye mu kwakira iyi nama mpuzamahanga.Rero nditudohoke ku ngamba zari zisanzwe ndetse n’imyiteguro ikomeze rwose.
Muri contexte turimo ya covid 19 namoko yayo ! Biragoye guhuza abantu ibihumbi 10 cyangwa 20 ! Birumvikana
Bjr, nubwo ibaye isubitswe ariko bakaba baduhaye ikizereko izabera mu Rwanda ni Amahire kuko imyiteguro irahenda.
Nubwo Aringezi kwirinda Icyorezo cya Covid 19 ariko Guhinduka ibintu kumunota wanyuma rwose birangora Kuko igihungu kiba cyarakoze ibishoboka byinshi kugirango Abashyitsi bazagubwe Neza,gsa Turashimira Ubuyobozi bwiza by’igihungu cyacu Ndetse n’Abanyarwanda muri rusange Uburyo Iteka dushimwa n’Amahaga mukwakira Abatugana ,rero Nubwo CHOGAM itakibaye ariko ninabyiza kw’Abanyamahaga badushyimiye.
Covid19, yangije byinshi ariko tuzayitsinda kuko dufite amabwiriza ahamye. Thanks
Turababaye cyane , ariko reka dukomeze kwitegura byanze bikunze izaba urukingo rwa covid-19 rugeze mu bihugu byose.
Ubu se iyi nkuru tuyizere ra?