Imyumvire ihejeje Abanyafurika mu bukene - Perezida Kagame
Perezida Paul Kagame asanga Abanyafurika badakwiye guhora bishyiramo ko inkunga z’imishinga ikomeye kuri uyu mugabane zikwiye guturuka hanze gusa.

Perezida Kagame yemeza ko amafaranga abarirwa muri za miliyoni atikirira mu kunyereza imisoro n’abohereza imitungo yabo hanze, byose bikoreshejwe neza byagirira umugabane akamaro.
Yabitangaje ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama yiga ku guhuza Afurika hifashishijwe ikoranabuhanga “Transform Africa” iteraniye i Kigali, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Gicurasi 2018.
Yagize ati “Ntituri abakene, habe na mba. Ikibazo gihari kiri mu mutwe aho twumva ko tutakoresha ubushobozi bwacu, ahubwo tugaharira abandi imishinga yacu y’igihe kirekire. Ni ukuvuga ko ayo twakorera yose, ariko dukomeza kuba abakene.”
Perezida Kagame yavuze ko ntawukwiye kwitwaza iyo mvumvire ngo avuge ko ituruka k’ubukoloni, ahubwo ko Abanyafurika bakwiye gushaka ikintu gituma basigara inyuma.

Inkuru zijyanye na: TransformAfrica2018
- U Rwanda ruzifashishwa mu gusakaza intenet ya 4G mu karere
- VIDEO: Umunya Niger yahigitse 5 yegukana irushanwa rya Ms Geek Africa 2018
- Umunya Niger yahigitse 5 yegukana irushanwa rya Ms Geek Africa 2018
- Drones zigiye gutangira kwifashishwa mu kuvugurura imibereho y’Abanyarwanda
- Urubyiruko rwasabwe gufata iya mbere mu gukemura ibibazo birwugarije
- Perezida Kagame atangiza Transform Africa 2018 yashimangiye ko Africa idakennye
- Ijambo Perezida Kagame yageje ku bitabiriye umuhango wo gutangiza Transform Africa 2018
- Gutangira guteranya imodoka za VW mu Rwanda byigijweho inyuma ukwezi
- Ikoranabuhanga ni ryo rizihutisha ukwihuza kwa Afurika – Perezida Kagame
- Amakiriro ya Afurika ashingiye ku murongo mugari wa Internet – Perezida Kagame
- Ibintu 5 bitandukanya Transform Africa n’izindi nama
Ohereza igitekerezo
|
100% ntabwo ari mu biganza byanyu gusa biri no bihugu byanyu erega Afrika hari ubukire bwinshi cyane ibihugu byinshi byi buraya bitunzwe na Africa
Ibi uyu muyobozi avuga nibyo 100% dukwiye kumva ko ibyo dushaka kugeraho biri mu biganza byacu.