Imvura yamutwaye abana batatu n’umugabo: Ubuhamya bubabaje bwa Lucia Ingabire

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rubavu mu gushyingura abaturage 13 bapfuye bishwe n’ibiza byabaye mu ijoro ryo ku itariki ya 2 rishyira tariki 3 Gicurasi 2023.

Lucia Ingabire yaburiyemo abana batatu n’umugabo. Yaganiriye na Kigali Today ku byo yibuka muri iryo joro atazibagirwa mu buzima bwe.

Bikurikire muri iyi Video yatunganyijwe na Richard Kwizera:

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Iriyamvura yadutwaye abacu igomba kudusigira isomo ryokwirinda kubaka ahantu hatuma twongera kubura abandi bavandimwe mwe mwabuze abana abagabo nababyeyi mwihangane.

mutwarabiri jean paul yanditse ku itariki ya: 5-05-2023  →  Musubize

Uwo abazimu batarararira ku muryango agira ngo arusha abandi guterekera. Ibiza ni Ibiza ntabwo abahitanwe cg ibyangijwe ari uko bari cg biri mu manegeka. Yego ariko uko igihugu giteye, ubwiyongere bw’abaturage, ukutaraza imirima kubera guhangana no gushaka ibiribwa, ibi byose bituma ubutaka duhora tububirindura bityo imvura yagwa kimwe no ku buhaname bukamanuka bugahitana ibyo buhuye na byo, isayo n’amazi bikuzura mu migezi bigatuma aca ahatabugenewe akangiza ndetse agahitana n’abantu. Sebeya yo rwose yarananiranye. Ni ugukomeza tugashaka uburyo abatuye mu mihaga bayivamo ariko hagatekerezwa n’icyakorwa tukajya turaza imirima ariko Kandi tutishwe n’inzara.Dukomeze twihangane.Imana izi impamvu.

Alias yanditse ku itariki ya: 5-05-2023  →  Musubize

Birababaje pe twihanganishije imiryango yabo

Alias yanditse ku itariki ya: 5-05-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka