Imodoka z’abantu ku giti cyabo ziraca akayabo mu gutwara abantu bajya mu ntara (Amafoto)
Nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 26 Kanama 2020, yahagaritse ingendo hagati y’Umujyi wa Kigali n’izindi ntara, muri gare ya Nyabugogo nta modoka ijya cyangwa iva mu ntara ihaparitse.
Abakozi b’ibigo bitwara abagenzi bajya cyangwa bava mu ntara bamwe baricaye imbere y’ibiro bikinze, abandi batashye mu ngo zabo.
Umukozi w’Ikigo Volcano Express yabwiye Kigali Today ko bitewe n’imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yaje mu rukerera, hari imodoka zari zamaze guhaguruka i Kigali zagarukiye mu nzira, amatike abagenzi bakayasubizwa.
Abagenzi bari bazindutse na bo baricaye muri gare babuze icyo bakora. Uwitwa Kevine wavaga ku Kamonyi yerekeza mu Karere ka Kayonza, avuga ko saa kumi n’ebyiri za mu gitondo yari ageze muri gare asanga nta modoka yerekeza i Kayonza. Ati “Badushakire imodoka zidutahana”.
Kevine avuga ko hari imodoka zari zisanzwe zitwara abagenzi zazamuye igiciro cyo kuva i Kigali kugera i Kayonza, kuva ku mafaranga 2,300 kugera kuri 6,000.
Umuturage witwa Brigitte ukomoka mu Karere ka Gicumbi akaba yari yaragiye mu Karere ka Kirehe mu bibazo by’amasambu, avuga ko yageze muri gare ya Nyabugogo ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu saa 8h39 agasanga imodoka zijya iwabo zarangiye, abyuka ku ibaraza ryo muri gare yumva ingendo zahagaze.
Ati “Nari mfite telefone eshatu ngurishamo ebyiri kugira ngo mve ku Rusumo (Kirehe) ngere i Kigali, none naramutse nsanga ingendo bazihagaritse, ubu wamfasha iki”!
Ati “Nta yandi mafaranga mfite, uretse aka gatelefone nshobora kuba natanga nkagera iwacu i Gicumbi ariko ubu nta modoka nabona”.
Uyu mubyeyi avuga ko nta muntu yacumbikaho i Kigali, ibyo kubona amafunguro cyangwa kuryama byo akaba atabitekereza.
Umwe mu baturage wifitiye imodoka ku giti cye, arimo guca amafaranga ibihumbi 10 kuva i Kigali kugera i Musanze, urugendo rwari rufite agaciro k’amafaranga 2,800 mu modoka rusange.
Inkuru zijyanye na: Coronavirus
- Perezida Museveni wa Uganda bamusanzemo COVID-19
- Bangladesh: Habonetse abantu 68 banduye COVID-19 mu masaha 24
- #COVID19: Abantu 32 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 11,440
- #COVID19: Abantu 27 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 9,528
- #COVID19: Abantu 28 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 9,555
- #COVID19: Abantu 23 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 8,951
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,212
- #COVID19: Nta muntu wanduye mushya mu bipimo 1,215
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,290
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,131
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,224
- #COVID19: Abantu batanu banduye babonetse mu bipimo 1,515
- #COVID19: Abantu 6 banduye babonetse mu bipimo 974
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,828
- #COVID19: Abanduye batatu babonetse mu bipimo 2,071
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,500
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,467
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,207
- #COVID19: Nta muntu wanduye mushya mu bipimo 1,328
- #COVID19: Umuntu umwe yitabye Imana, abanduye ni 2,195
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Amahoro mbese byatewe Niki NGO imodoka za Rusange zihagarikwe hakomeze izigenga ? Mbse zo uwayigendeyemo ntiyakwirakwiza icyorezo?ESE ntabundi buryo bwari kworohereza abaturage niyo igiciro cyarikongerwaho nabwo hakaganywa umubare wabagenda cyane ko byatunguye benshi nabo umwanzuro wasanze mungendo? Ntawundi waturengera uretse Imana nahubundi biteye urujijo
Hari ba Rusahurira-munduru barimo kwiba abantu bitwaje CORONA.Twavuga nka ba Gitifu b’Imirenge n’Utugali barimo guca amafaranga abantu bacuruza Inzoga n’Ibigage,amafaranga bakayashyira mu mifuka yabo.Kandi barimo kubaca menshi cyane.