Ihuriro ry’Abagore bo mu nteko ishinga amategeko bagabiye inka imiryango 76

Ihuriro ry’Abagore bo mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda (FFRP) ryagabiye imiryango ikennye kurusha indi inka 76 yo mu Karere ka Gisagara.

Abagore bo mu miryango 76 ikennye ni bo borojwe inka.
Abagore bo mu miryango 76 ikennye ni bo borojwe inka.

Babikoze mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 iryo huriro rimaze rishinzwe, mu gikorwa bateguye mu Murenge wa Mamba, cyatangiye kuri uyu wa gatanu tariki 9 kugeza 10 Kamena 2017. Izo nka ni zimwe mu nka ibihumbi 300 zatanzwe n’iryo huriro kuva mu 2006.

Depite Anitha Mutesi, umuyobozi mukuru wa FFRP, yavuze ko bashyigikiye gahunda yatangijwe na Perezida Kagame yo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

Banahawe ubundi bufasha butandukanye.
Banahawe ubundi bufasha butandukanye.

Yagize ati “Guteza imbere imibereho myiza niyo ntego nyamukuru na gahunda ya Girinka yagaragaje ubuhanga mu kuzamura imibereho y’abaturage. Niyo mpamvu twahisemo igikorwa kizagira umusaruro ufatika.”

Abagore bo mu nteko banatanze ibigega by’amazi ku baturage bo muri ako karere, mu rwego rwo kubafasha kubona amazi meza. Abo bagore bazanafasha mu guhugura abaturage kuri gahunda izwi nk’Umugoroba w’Ababyeyi.

Bazanagira uruhare mu kurwanya imirire mibi muri ako karere, bigisha abaturage gutegura indyo yuzuye muri gahunda izwi nk’Akarima k’igikoni.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

MUZAZE MU MURENGE WA MUGOMBWA ,AKAGALI KA KIBU MUDUSURE.KAGAME N’UMUBYEYI MU IZA.

M .RUKUNDO yanditse ku itariki ya: 12-06-2017  →  Musubize

mushobora kuba mwibeshye ngo inka ibihumbi 300?

jj yanditse ku itariki ya: 10-06-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka