Iburasirazuba: Uwari Umujyanama wa Guverineri yagizwe Visi Meya wa Rwamagana
Kagabo Richard Rwamunono yatorewe kuba Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe Ubukungu, akaba yari asanzwe ari umujyanama wa Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba.

Uyu mwanya awusimbuyeho, Nyirabihogo Jeanne d’Arc, weguye kuri izi nshingano.
Kagabo yari amaze imyaka 11 ari Umujyanama wa Guverineri w’Intara.
Akimara gutorwa, yavuze ko aje gufatanya n’abandi kwesa imihigo no guteza imbere abaturage.
Yagize ati "Nari maze imyaka 11 ndi Umujyanama wa Guverineri, nakurikiranaga imikorere y’Uturere, ubu rero ninjiye mu zindi nshingano ngiye kuba umujyanama ariko mfatanya n’abandi guteza imbere abaturage. Akarere kamaze igihe kaza mu myanya ya mbere mu mihigo, sinkwiye kuza ngo mbe ari jye utuma gasubira inyuma."
Ingamba afite ahanini ngo ni ukurushaho kwegera abaturage bakajya inama ku iterambere ryabo.
Mu kazi kamutegereje harimo kuvugurura inyubako z’Umujyi wa Rwamagana zishaje, imiturire ijyanye n’igishushanyo mbonera ndetse no guteza imbere abaturage cyane cyane mu kwihaza mu biribwa.
Inkuru zijyanye na: Amatora mu Turere
- Mulindwa Prosper yamurikiwe akazi kamutegereje, asobanura impamvu yiyamamarije i Rubavu
- Amatora mu Majyaruguru: Nsengimana Claudien ni we muyobozi mushya wa Musanze
- Abayobozi bashya mu Burengerazuba: Mulindwa Prosper wayoboraga Rutsiro yatorewe kuyobora Rubavu
- Uturere umunani turarara tubonye abayobozi bashya
Ohereza igitekerezo
|