Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byakiriye ibibazo by’izamuka ry’ibiciro byo gutwara abantu
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko byakiriye ibibazo by’abaturage birebana n’izamuka ry’ibiciro byo gutwara abantu.

Ubutumwa bwanyujijwe ku rukuta rwa Twitter rw’ibyo biro buravuga ko Minisitiri w’Intebe hamwe n’inzego zibishinzwe bazabifataho umwanzuro mu gihe cya vuba.
Twakiriye ibibazo by’abaturage birebana n’izamuka ry’ibiciro byo gutwara abantu. Minisitiri w’Intebe hamwe n’inzego zibishinzwe bazabifataho umwanzuro mu gihe cya vuba.
— Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) October 20, 2020
Ubu butumwa bw’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bikomeje kugaragara ko bwakiriwe neza n’abatari bake, dore ko kuva ibiciro bishya byashyirwa ahagaragara abantu batahwemye kubyinubira no kubyamagana bagaragaza ko bitari mu nyungu z’umuturage.
Ni ibiciro bigaragaza ko ikiguzi cy’urugendo cyiyongereye ugereranyije n’uko cyari gihagaze mu bihe bya mbere ya COVID-19, benshi mu babyamaganye bakaba baragaragaje ko bitari bikwiye ko ibiciro bizamurwa muri iki gihe abantu bugarijwe n’ibihombo byatewe n’icyorezo cya COVID-19.
Kanda HANO urebe uko ibiciro bishya by’ingendo mu modoka za rusange bihagaze
Inkuru zijyanye na: RURA n’ibiciro by’ingendo
- Turishimye kubera igabanuka ry’ibiciro by’ingendo - Abagenzi
- Reba ibiciro bishya by’ingendo bivuguruye
- Ikibazo cy’ibiciro by’ingendo cyangezeho – Perezida Kagame
- RURA yahagaritse icyemezo yari iherutse gufata ku biciro by’ingendo
- Menya impamvu hari imihanda yo muri Kigali yazamuriwe igiciro cy’ingendo
- RURA yasobanuye impamvu ibiciro byo gutwara abagenzi bitasubiye uko byahoze mbere ya Covid-19
- Hari abavuga ko ibiciro bishya byo gutwara abagenzi byabagoye
- Reba uko ibiciro bishya by’ingendo mu modoka za rusange bihagaze
- Ibiciro by’ingendo mu modoka za rusange byagabanutse
- Kubahiriza amabwiriza y’ingendo mu modoka rusange bizatangira nyuma yo kuvugurura ibiciro - RURA
Ohereza igitekerezo
|
Turashimira Minisitiri w’intebe umwanzuro yafashe kukifuzo cy’abanyarwanda.
Ariko mfite ikibazo: Ko ibaruwa ya Minisitiri w’Intebe mu Rwanda yasohotse ivuga ko ibiciro byariho mbere ya Covid 19 bisubiraho hakaba hari aho bitari gushyirwa mu bikorwa, mbese itariki ya 21 Ukwakira 2020 ntiragera yavuzwe mu ibaruwa ye yasohotse uyu munsi?
Ikindi RURA ibe maso hari abantu bari guhenda abagenzi bakanga no kubaha facture y’urugendo ngo bitamenyekana.
Iyo igiciro cya essance kigabanyutse n igiciro cy ingendo kiragabanuka
ubwo rero ndumva rura yatworohereza twe abaturage ikagabanya ibiciro by ingendo uretse n ibyo nta muntu utaragizweho ingaruka n ihungabana ry ubukungu bitewe n icyorezo cya covide 19 murakoze
Naturenganure pe rura irakabije ubu bakabigabanyije none barongereye
Twasabanaga ko ibiciro by’ingengo byasubirwamo bikagabanuka rura yibogamira kuhande rwabashora mari ahubwo barebe no kumuturage ariwe rubanda rugufi,ibya mashanyarazi twarabyakiye ariko nonehe birakabije biranababaje
Turashimira ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na Nyakubahwa Paul Kagame,kudahwema kumva ibibazo by’abaturage bayoboye. Mwakoze cyane kdi muhora mukora Imana ibahe uburame mukomere kuyobora
Ongeraho ko n’ibikomoka kuri peterori byagabanutse ugereranyije na mbee ya covid-19