Ibiciro bya Lisansi na Mazutu byagabanutse
Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), rwatangaje ko guhera ku itariki ya 2 Kamena 2023 ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli bitangira kubahirizwa guhera saa moya (19:00) z’ijoro.

Itangazo iki kigo cyashyize ahagaragara rivuga ko Lisansi igura amafaranga y’u Rwanda 1,517 kuri litiro. Ni mugihe igiciro cya Mazutu ari amafaranga y’u Rwanda 1,492 kuri litiro.
Ibi biciro bisimbuye ibyari byashyizweho mu ntangiriro za Mata uyu mwaka ari na byo byakurikizwaga, aho litiro ya lisansi yaguraga amafaranga y’u Rwanda 1,528, mu gihe litro ya Mazutu yaguraga 1, 518. Ibi bivuze ko Lisansi yagabanutseho amafaranga y’u Rwanda 11 mu gihe Mazutu yagabanuteho agera kuri 26 kuri litiro.
RURA ivuga ko iri gabanuka ry’ibiciro rishingiye ahanini ku igabanuka ry’ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamahanga.
ITANGAZO: Ibiciro BISHYA by'ibikomoka kuri peteroli by'amezi ya Kamena na Nyakanga; bizatangira kubahirizwa guhera tariki ya 02 Kamena 2023.#RwOT pic.twitter.com/CfsOLxgC19
— Rwanda Utilities Regulatory Authority - RURA (@RURA_RWANDA) June 1, 2023
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|