Huye: Umuturage yatanze urugero ashyira kaburimbo mu muhanda ugana iwe

François Karangwa ukora mu bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) ufite inzu aho bita i Madina hafi y’ishami rya Kaminuza ry’i Huye, yagujije banki ashyira kaburimbo mu muhanda ntawumufashije.

Karangwa François yashyize kaburimbo mu muhanda uherereye ahitwa i Madina mu Mujyi wa Huye
Karangwa François yashyize kaburimbo mu muhanda uherereye ahitwa i Madina mu Mujyi wa Huye

Uyu mugabo avuga ko yiyemeje gushyira kaburimbo muri uyu muhanda wa meterokare 582 uri hafi y’amazu acumbikiramo abifuza aho kuba, kuko yabonaga warapfuye, unanyerera, ku buryo bitari byoroshye kuwunyuramo, nyamara ubundi unyurwamo n’abantu benshi biganjemo abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye.

Karangwa avuga ko yiyemeje gushyira kaburimbo mu muhanda wegereye ingo 12 baturanye ufite uburebure burenga gato metero 80, abasaba guhuza imbaraga, baramwangira bamubwira ko nta mafaranga bafite.

Ati "Naberetse ko kaburimbo mu muhanda duturiye izongerera agaciro amazu yacu, nanababwira ko nanjye nzitabaza banki banga kunyumva, mpitamo kubyikorera."

Gushyira kaburimbo muri uyu muhanda yabitangiye mu kwezi kwa Gicurasi birangira muri Kamena uyu mwaka wa 2019.

François Karangwa
François Karangwa

François Karangwa ngo yabanje kwitabaza Abashinwa bamuca ibihumbi 500 kuri metero kare abona atabona amafaranga yo kuwurangiza, nuko ashaka umuntu uzi gutunganya imihanda arawukora.

Mu gutsindagira umuhanda n’ibitaka bya latelite, bifashishije akamashini gatsindagira umuhanda yakodesheje ibihumbi 30 ku isaha. Kaburimbo yo kuyishyiramo ngo bifashishije iyakuwe mu muhanda Huye-Kitabi yagiye atangaho ibihumbi 200 ku ibeni.

François Karangwa yabajijwe niba Niringiyimana Emmanuel w’i Karongi ari we yigiyeho ko umuntu ashobora kwiyemeza gukora umuhanda kabone n’ubwo abandi bakwanga kumufasha, arabihakana ati "Njyewe umuhanda nawutunganyije mbere, iby’uriya mwana ntarabimenya."

Karangwa anavuga ko Niringiyimana Emmanuel ari intwari. Ati " Njyewe nitabaje banki, ariko we yafashe isuka akoresha amaboko ye, wenyine. Ahubwo iyaba habaga benshi batekereza nkatwe mu kwishakamo ibisubizo, u Rwanda rwacu rwagera kure, heza.

Aha ni imbere mu nzu Karangwa yubatse zatumye atekereza guhanga kaburimbo
Aha ni imbere mu nzu Karangwa yubatse zatumye atekereza guhanga kaburimbo

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, yashimye ibyo François Karangwa yakoze, kuko ari urugero rwiza rugaragaza ko abaturage bashyize hamwe bashobora kwigeza kuri byinshi kandi byiza.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

urugabo kdi urasobanutse duharanire kwiyubakira igihungu uyumuhanda urasobanytse courage twess tukurebereho hhhhhh

umuzungu yanditse ku itariki ya: 15-10-2019  →  Musubize

warakoze imana izaguhe umugisha kandi ikuzamure munera kuko urabikwiriye nigihugu cyizagushyire munwari murakoze mukomerezaho imana izabibafashemo

MUTUYIMANAdesire yanditse ku itariki ya: 30-09-2019  →  Musubize

Karangwa turagushimiye cyane uri urugero rwiza, iyi ni inzira njyabukire ishingiye ku gutekereza byagutse dutozwa na Nyakubahwa président wacu. Courage

Naomey yanditse ku itariki ya: 29-09-2019  →  Musubize

simbabeshye. urwanda rufite ibisubizo pee abantu bafite umutima mwiza WO kwiyubakira urwanda ahubwo turasaba inkunga akarere ka huye kadufashe kubaka umuhanda UCA murukubiro werekeza mwisoko RYA rugogwe warapfuye cyane kand ni nyabagendwa

felix niyomugabo yanditse ku itariki ya: 28-09-2019  →  Musubize

Nukuri karangwa ankabirije inzozi nifuje kuva kera nubwo ntarazigeraho ariko bimpaye ikizere cyuko ntagomba gucika intege kdi birerekana ko rwanda umaze kugira aho ugera dushimira HE president Paul Kagame intore izirusha intambwe ,Niyo mpamvu tugomba gusenyera umugozi umwe kuko ninkunga yimana iza kuri babandi bashyize hamwe naho wawundi witandukanije nabo ntacyo ageraho

Ingabirano just in yanditse ku itariki ya: 27-09-2019  →  Musubize

Impressive. Congratulations to Francois Karangwa. He demonstrated that we can have such roads at a low cost. So smart.

Joe Joe yanditse ku itariki ya: 26-09-2019  →  Musubize

Ifaranga ntacyo ritakora

Manzi yanditse ku itariki ya: 26-09-2019  →  Musubize

Reka mbabwire abanyarwanda turaza kwishakamo ibisubizo isi yumirwe
simbabeshya

MYUGARIRO yanditse ku itariki ya: 26-09-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka