Huye: Babyutse bajya gusanganira Meya ngo bishimire umwanya wa 2 bagize mu mihigo (Amafoto)
Mu dusantere tw’Imirenge ya Kinazi, Rusatira na Ruhashya, mu Karere ka Huye, abaturage n’abayobozi babyutse bishimira umwanya wa kabiri akarere kabo kagize mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2019-2020.

Bishimye banategereje umuyobozi w’Akarere kabo, Ange Sebutege, wari uturutse i Kigali aho yashimiwe na Perezida Kagame, uko Akarere ayoboye kitwaye mu guteza imbere abaturage.
Ku gasantere ka Arete mu Murenge wa Kinazi, ari na ho ku marembo y’Akarere ka Huye uvuye mu ka Nyanza, umuyobozi w’Akarere ka Huye Ange Sebutege yakiriwe n’abaturage, banamushyikiriza impano.

Izo mpano ni inkoni nk’ikimenyetso cy’uko bishimiye uko abayoboye, icyansi cyo kumugaragariza ko ubukungu bwa Kinazi bushingiye ku bworozi bw’inka n’ifoto uyu muyobozi ariho hamwe na Perezida Kagame, nyuma yo gushimirwa uko Huye yitwaye mu mihigo.
Iyi foto inariho ba Visi meya ba Huye ndetse na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Huye.

Meya Sebutege yabwiye abaturage ba Kinazi bari baje kumwakira ko umwanya akarere kagize na bo bawugizemo uruhare, abasaba gukomeza kwitabira kugira isuku no gukunda umurimo kugira ngo batazasubira inyuma ubutaha.
Yagize ati “Kugera hejuru ni byiza, ariko kuhaguma bisaba imbaraga nyinshi. Ariko twabonye ibanga ryo kubikora”.

Kwishimira umwanya ntibyagarukiye ku dusantere, kuko abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge bo muri aka karere banageze mu mujyi i Huye, bakawuzenguruka hanatangwa ubutumwa bwo kwishimira kwesa imihigo ku rugero rwo hejuru.
Bari kumwe n’abamotari bamwe na bamwe batari bitaye ku mvura yabanyagiraga, dore ko yabyukiye ku muryango.



Inkuru zijyanye na: Imihigo 2020
- Abayobozi bave mu biro barusheho kutwegera nibwo tuzamenya ibyo bahize – Abaturage
- Ibanga Nyanza yakoresheje ikava ku mwanya wa 30 ikaba iya 5 mu kwesa imihigo
- Amajyepfo: Gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, ibanga ryo kuza mu myanya y’imbere mu mihigo
- Imihigo: Abayobozi ba Rusizi na Karongi bavuze impamvu zatumye baza mu myanya ya nyuma
- Meya Habitegeko yahishuye ibanga ryatumye Nyaruguru iza ku isonga mu mihigo ya 2019-2020 (Video)
- Abanyarwanda bizera Perezida Kagame ku kigero cya 99,2% (Ubushakashatsi)
- Ntimukwiriye gutegereza ko mbereka ibibazo kugira ngo mubone kubikemura – Perezida Kagame abwira abayobozi
- Akarere ka Nyaruguru kahize utundi mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2019-2020
- Abayobozi berekeje i Nyagatare mu mihigo (Amafoto + Video)
- Uturere turasinyana imihigo na Perezida Kagame kuri uyu wa Gatanu
Ohereza igitekerezo
|