Hirya no hino harimbishijwe mu rwego rwo kwizihiza iminsi mikuru (Amafoto)

Mu bice bitandukanye by’Igihugu harimbishijwe mu rwego rwo kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka wa 2022, by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, no kwitegura kwinjira mu mwaka mushya wa 2023.

Imihanda n’amasangano yayo, inyubako za Leta n’iz’abikorera, amasoko, amabanki n’ahandi hahurira abantu benshi, hagaragara amatara atuma hagaragara neza, ahandi hubatswe ibirugu nk’ikimenyetso cyo kwizihiza ivuka rya Yezu /Yesu Kirisitu, ndetse no gusoza umwaka mu birori by’Ubunani.

Umufotozi wa Kigali Today, Niyonzima Moise, yatembereye mu bice bitandukanye afata aya mafoto agaragaza uko Kigali by’umwihariko yarimbishijwe muri iyi minsi.

Amafoto:

Mu Mujyi wa Kigali rwagati, hagati yayo hatatswemo inyenyeri. Abemeramana bahamya ko inyenyeri ari yo yayoboye abanyabwenge aho Yesu/Yezu yavukiye mu Mujyi wa Betelehem
Mu Mujyi wa Kigali rwagati, hagati yayo hatatswemo inyenyeri. Abemeramana bahamya ko inyenyeri ari yo yayoboye abanyabwenge aho Yesu/Yezu yavukiye mu Mujyi wa Betelehem
Umujyi wa Kigali warimbishijwe bidasanzwe mu myiteguro ya Noheli n'Ubunani
Umujyi wa Kigali warimbishijwe bidasanzwe mu myiteguro ya Noheli n’Ubunani
Inyubako y'Umujyi ni uku itatse
Inyubako y’Umujyi ni uku itatse
Ikaze ku cyicaro gikuru cya Banki ya Kigali
Ikaze ku cyicaro gikuru cya Banki ya Kigali
Rond-Point nini iri mu Mujyi rwagati yatatswe amatara yaka amabara atandukanye
Rond-Point nini iri mu Mujyi rwagati yatatswe amatara yaka amabara atandukanye
Ukigera muri rond-point yo mu Mujyi, uhabwa ikaze n'ubutumwa bwa Banki ya Kigali
Ukigera muri rond-point yo mu Mujyi, uhabwa ikaze n’ubutumwa bwa Banki ya Kigali
Rond-point yo ku Kisimenti i Remera
Rond-point yo ku Kisimenti i Remera
Umuhanda wa Kisimenti i Remera ugana mu Mugiporoso watatsweho amatara atandukanye
Umuhanda wa Kisimenti i Remera ugana mu Mugiporoso watatsweho amatara atandukanye
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Noheli yaje !!! Nkuko History ibivuga,Noheli yatangiye kwizihizwa na Kiliziya Gatulika le 25/12/336.Abigishwa ba Yezu tugenderaho,nta na rimwe bizihije NOHELI.Abakuru b’amadini ya Gikristu bazi neza ko Yezu atavutse le 25 December.Ikibi kurushaho,nuko iyo tariki (le 25 December),yari iy’umunsi mukuru Abaroma bizihizagaho Ivuka ry’Ikigirwamana cyabo kitwaga Sol Invictus.Kiliziya ya Roma,yahimbye ko Yezu yavutse le 25 December,kugirango “ikurure” abo bapagani b’I Roma baze mu idini ryayo.Imana itubuza kuvanga ibintu byayo n’ibyerekeye Ibigirwamana nkuko Abakorinto ba kabili,igice cya 6,umurongo wa 16 havuga.Niyo mpamvu abakristu nyakuri batizihiza Noheli,kubera ko ari ikinyoma kibabaza Imana,kititaye ku itegeko ryayo.Mu rwego rwo “kwishimisha” no “Gucuruza”,abatemera Yezu,urugero Abashinwa n’Abahinde bizihiza Noheli cyane.

bwahika yanditse ku itariki ya: 24-12-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka