Hari benshi bashaka kwitabira Rwanda Day izabera muri Amerika - Alain Mukuralinda
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda (MINAFFET), yatangaje ko ibirori byiswe Rwanda Day, byo guhurira mu mahanga kw’Abanyarwanda n’Umukuru w’Igihugu byongeye gusubukurwa, bikaba bigiye kubera i Washington muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA), ku matariki ya 02-03 Gashyantare 2024.

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, yabwiye Kigali Today ko bakirimo gutegura neza ibisobanuro birambuye ku myiteguro y’uyu munsi mukuru, bakaba baza kubitangariza abantu bose babikeneye.
Mukuralinda yagize ati "Rwanda Day irimo gutegurwa, abantu batangiye kwiyandikisha, ariko ibijyanye na gahunda, gushaka visa, abiyandikisha, ibyo bibazo byose barimo kubishakira uko byaza gusubirizwa hamwe".
Yakomeje agira ati "Biri kubazwa n’abantu benshi, abanyamakuru n’abatari abanyamakuru, abantu ku giti cyabo, ikigaragara ni uko abantu benshi bashaka kujyayo."
Itangazo rya Rwanda Day ryashyizwe ku rubuga X rwahoze ari Twitter rwa MINAFFET, rirahamagarira abifuza kwitabira ibyo birori kwiyandikisha banyuze ku rubuga rwandaday.rw, mu rwego rwo kuba bafashe imyanya.
Urubuga X rwa Rwanda Day ruvuga ko iyi gahunda yari yarasubitswe, bitewe n’icyorezo cya Covid-19, ikaba ngo igarutse yari itegerejwe cyane.

Inkuru zijyanye na: Rwanda Day 2024
- U Rwanda rukwiriye kurwanirirwa - Pasiteri Rick Warren
- Ubukungu bw’u Rwanda buhagaze neza - Francis Gatare abwira abitabiriye Rwanda Day
- Dutemberane Washington DC yakiriye Rwanda Day 2024
- Rwanda Day: Ishusho y’u Rwanda rushya, rudaheza kandi ruha amahirwe buri Munyarwanda mu iterambere ry’Igihugu
- Umuhanzi Bruce Melodie azatanga ikiganiro muri Rwanda Day
- The Ben yerekeje muri Amerika muri Rwanda Day
Ohereza igitekerezo
|
Nanjye ndifuza kurya muri rwanda day
Nanjye ndifuza kurya muri rwanda day
Tel yange ni 0788473303 mwambwira uko nakwiyandikisha nkazitabira RWANDA DAY izabera Washington DC muri February 2024.Murakoze.
BELLANGE Stany NGENDAMBIZI
Muraho neza,
Nange ndashaka kwitabira RWANDA DAY izabera Washington DC muri February 2024, mumbwire uko niyandikisha. Murakoze