Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije umuryango wa nyakwigendera Senateri Mucyo
Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije umuryango wa Nyakwigendera Senateri Jean de Dieu Mucyo witabye Imana azize urupfu rutunguranye tariki ya 03 Ukwari 2016.

Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yatanze ubu butumwa abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa twitter ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Ukwakira 2016.
Minisitiri w’Intebe yagize ati “Guverinoma y’u Rwanda ibabajwe n’urupfu rwa Senateri Jean de Dieu Mucyo wakoreye cyane u Rwanda, twihanganishije umuryango we.”

Ubu butumwa buje nyuma y’ubw’Inteko Ishingamateko, Umutwe wa Sena, nayo yasohoye itangazo rifata mu mu gongo umuryango wa nyakwigendera.
Jean de Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye ubwo yagwaga ku masikariye yo ku Nteko Ishingamategeko bakihutira kumujyana kwa muganga ku bitaro byitiriwe Umwami Fayscal ariko agahita yitaba Imana.
Nyakwigendera yakoze imirimo ikomeye nyumaya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, irimo kuba Minisitiri w’Ubutabera, Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika ndetse n’Umunyabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG).
Muri Gicurasi 2015, Mucyo yatorewe kwinjira muri Sena, akaba yari amaze umwaka hafi n’igice muri izo nshingano.
Uyu mugabo w’imyaka 55 akomoka mu Ntaray’Amajyepfo, Akarereka Huye. Asize umugore n’abana bane, abahungu batatu n’umukobwa.
Umuhango wo kumuherekeza mu cyubahiro ugomba kuba muri iki cyumweru ariko igihe ntikiratangazwa.
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
imana imuhe iruhuko ridashira kandi imurindire n’umuryango we
yakoze neza.Imana imwakire mubayo.