Guverineri Munyantwali arasaba abaturage guharanira ubumwe n’ubwumvikane

Ibi ni ibyagarutsweho n’abayobozi bifatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Nkingo, umurenge wa Gacurabwenge, mu muganda wabaye tariki 27/7/2013; aho bibukijwe kwita ku ndangagaciro zibereye Umunyarwanda kuko ari byo bizatuma bagera ku mibereho myiza yo soko y’iterambere nyakuri.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwari Alphonse yibukije abari bitabiriye uyu muganda ko ubumwe bwabo ari umuyoboro wo kubaka igihugu no guteza imbere imibanire mu muryango.

Aragira ati "baturage ba Gacurabwenge, mwite ku ubumwe bwanyu, muharanire amahoro, ubwumvikane aho mutuye kandi mube umusemburo w’impinduka nziza".

Guverineri Munyatwali aganira n'abaturage mu karere ka Kamonyi.
Guverineri Munyatwali aganira n’abaturage mu karere ka Kamonyi.

Yifashishije amateka yaranze u Rwanda, uyu muyobozi yagarutse ku bihe bibi rwaciyemo kuva mu gihe cy’ubukoroni, aho abana b’u Rwanda batojwe kwangana, ubuyobozi uko bwagiye busimburana bubiba amacakubiri n’ivangura.

Guverineri Munyantwari yavuze ko kuba muri iki gihe u Rwanda rufite inzego z’ubuyobozi zubatse neza, abayobozi bafite icyerekezo, baharanira icyiza no guteza imbere umuturage nta vangura iryo ari ryo ryose; ari amahirwe Abanyarwanda batagomba gupfusha ubusa.

Aragira ati "Abanyarwanda twambaye ikirezi kandi tugomba kumenya ko cyera".

Guverineri Munyatwali n'umuyobozi w'akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, bavuye mu muganda.
Guverineri Munyatwali n’umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, bavuye mu muganda.

Rutsinga Jacques, Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, yashimiye Guverineri, kuba yaje kwifatanya n’abanyakamonyi mu gikorwa cy’umuganda.

Ashimangira ko iyo abaturage bafite ubumuntu, ubupfura no gukunda igihugu cya bo, iterambere ryihuta muri rusange, abaturage by’umwihariko bakagira umutuzo n’imibereho myiza.

Inzego z'umutekano nazo zitabiriye umuganda.
Inzego z’umutekano nazo zitabiriye umuganda.

Uyu muganda wibanze ku gusiza ibibanza by’ahazubakwa amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE), mu mudugudu wa Kamonyi, ukaba witabiriwe n’abayobozi batandukanye ndetse n’inzego z’umutekano.

Marie Josee Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka