Gatabazi yasabye imbabazi Perezida Kagame aho yaba yarakosheje

Gatabazi Jean Marie Vianney waraye ahagaritswe ku mirimo yo kuba Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, yashimiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku cyizere yamugiriye akamuha izo nshingano, anamusaba imbabazi aho yaba yaramutengushye.

Ni nyuma y’uko ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2020, itangazo ryavuye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, ryatangaje ko Gatabazi Jean Marie Vianney wari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru na Emmanuel Gasana wari Guverineri w’Intara y’Amajyepfo babaye bahagaritswe ku mirimo.

Iryo tangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, rivuga ko Perezida Kagame “abaye ahagaritse” abo bayobozi “kubera ibyo bagomba kubazwa bakurikiranyweho”.

Nyuma y’iryo tangazo, Gatabazi Jean Marie Vianney yanditse kuri Twitter ashimira Parezida wa Repubulika Paul Kagame ku cyizere yari yamuhaye akamuha izo nshingano , ariko anamusaba imbabazi aho yaba yarateshutse kuri izo nshingano.

Yagize ati “Ndashimira Nyakubahwa Perezida Kagame ku cyizere yangiriye cyo kuyobora Intara y’Amajyaruguru mu myaka ibiri n’amezi icyenda, nkanashimira abaturage b’Intara y’Amajyaruguru ku mikoranire myiza n’ibyagezweho muri iki gihe gito”.

Yakomeje agira ati “Ndasaba imbabazi aho nagutengushye hose, Nyakubahwa Perezida Kagame, FPR-Inkotanyi, n’abaturage b’u Rwanda, kandi ntegereje ikindi cyiciro cy’ubuzima bwanjye, nkomeza gukorera igihugu cyanjye uko nshoboye, kandi ndi umwizerwa kuri Perezida Kagame no kuri RPF”.

Jean Marie Vianney Gatabazi yagizwe Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru muri Kanama 2017, nyuma y’imyaka 14 yari amaze mu Nteko Ishinga Amategeko ari Umudepite.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

Uramuzi koko GATABAZI yaharaniraga inyungu ze bwite nibyo, HE wamudukijije yakoze Imana imuhe imugisha no gukomeza kuzirikana abanyarda. Turamukunda!

MANIRAGUHA Ladisilas yanditse ku itariki ya: 28-05-2020  →  Musubize

Igendere rwiza kuko iminsi maze imusanze ntacyiza cyawe nabonye uretse itonesha no kumva abo ufiteho inyungu gusa naho naho ahatarimo inyungu zawe bwite,ntiwaherekwaga.harakabaho HE uturereberera niwe mubyeyi tugira muri iki gihugu cy’Urwanda

Murefu yanditse ku itariki ya: 28-05-2020  →  Musubize

Igendere rwiza kuko iminsi maze imusanze ntacyiza cyawe nabonye uretse itonesha no kumva abo ufiteho inyungu gusa naho naho ahatarimo inyungu zawe bwite,ntiwaherekwaga.harakabaho HE uturereberera niwe mubyeyi tugira muri iki gihugu cy’Urwanda

Murefu yanditse ku itariki ya: 28-05-2020  →  Musubize

Ndi umuturage wa karere ka musanze watesheje Inka ze hamwe ni imitavu yari imaze ukwezi,ni inshinge zari mu miheko yibigori na kweretse bari bateye mubigori kugirango ba byicishe Inka zanjye na zikwereka ukambwirako arinjye basigaje kuzitera.Gataba urebuka amagambo wambwiye nyuma Yi nteko yabaturage wambwiye nto ni twaza icyo ndico kuba naracitse ku cumu wiyibagiza ko kubaho kwanjye mbikesha abantu 3 imana ihoraho na nyakubahwa perezida Kagame Paul ndetse na FPR inkotanyi

Njyewe yanditse ku itariki ya: 27-05-2020  →  Musubize

Kuvuga nabi byo byari ibintu bye, agahubuka akarenganya adashishoje. Yambwiriye mu nama ku murenge wa Rugarama ngo "Ninjye wategetse ko bagufunga". Yumva amabwire kdi akazira umubwiza ukuri, yica agakiza. Ndangije umwaka muri gereza, yarandenganije Imana izabimubaze!

MANIRAGUHA Ladisilas yanditse ku itariki ya: 28-05-2020  →  Musubize

Gatabazi rwose waje ukangata,ibuka iby’icumbi wakuyemo abari baririmo,ibuka ukuntu nawe utarimazemo kabiri,buriya wari watangiye nabi,Ibuka umugi wacu wa Musanze uko wasanze urimo gutera imbere,abantu bubaka amazu agezweho ubutitsa,none ubu byarahagaze kubera ubwiyemezi n’amananiza no gushaka kwiyitirira ibyakorwaga byose,ibuka uko wananije unagenda kuri Comite Nyobozi yari ishoboye mu Karere ka Musanze,iriya Komite tuzongera kuyikurahe? Ibuka kwivanga kwawe mu mirenge no mu tugari nkaho abayobozi b’akarere batari bahari! Cyokoze Musanze wadusubije inyuma ntituzakwibagirwa pe,naho abagushima ni uko batakuzi,Isi ntisakaye igendere...

UKURI yanditse ku itariki ya: 26-05-2020  →  Musubize

Ihangane ikintu cyose kigira 2 mwanzo na mwisho
Komera

Oscar Twagirimana yanditse ku itariki ya: 26-05-2020  →  Musubize

Aya ni amatakirangoyi, gusaba imbabazi ntibihagije hejuru y’abaturage wahirimbije urebera UBUMAMYI bwakorwaga m’ubucuruzi bw’ibirayi kdi ushigikiye abacuruzi b’URUNGUZI"Banque Lambert" ndetse warananiwe kurwanya uburembetsi, ibyo byose ukaba utarabishoboye kubera wabibonagamo indonke aho wari ufitanye umubano n’ababiri ku isonga.

MANIRAGUHA Ladisilas yanditse ku itariki ya: 26-05-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka