Gasabo: Kwibohora mu miturire n’uburezi birarangirana na 2019/2020
Akarere ka Gasabo kavuga ko abaturage bose batishoboye bazaba bubakiwe muri 2019/2020, ndetse ko ubucucike mu ishuri butazarenza abana 50.
Ubuyobozi bw’aka karere buvuga ko nyuma yo gukemura ibyo bibazo hazakurikiraho urugamba rwo gushakira abaturage imirimo bakora bakibeshaho.
Rwamurangwa Stephen uyobora akarere ka Gasabo avuga ko ibikorwa byahawe abaturage kugira ngo bizihize isabukuru yo kwibohora ku nshuro ya 25, hatavugwa amagambo gusa kandi hari abantu bakiboshywe n’ubukene.
Agira ati "Twiyemeje ko mu mwaka utaha, Umunyarwanda wese wujuje ibyangombwa by’umunyagasabo atishoboye azaba yubakiwe inzu, aho mu mazu 317 twari twariyemeje, hasigaye 23 gusa ataratangira kubakwa".
Akarere ka Gasabo kavuga ko ibikorwa byose byatashywe kuwa gatandatu birimo inzu 74 kubakiye abaturage, inzu y’ababyeyi n’abana mu bitaro bya Kacyiru, hamwe n’ibyumba by’amashuri 19 bifite agaciro ka miliyari umunani.
Rwamurangwa akomeza agira ati "Urugamba rukurikiyeho ni urwo gushakira abaturage imirimo yabafasha kwiteza imbere, harimo kubahangira imishinga y’ubuhinzi, ubworozi n’ahakorerwa imyuga inyuranye".
Akomeza avuga ko umwaka wa 2019/2020 uzarangira buri cyumba cy’ishuri muri Gasabo kitarenza abana 50, mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu mashuri bwagiye bugaragara hirya no hino mu gihugu.
Urwunge rw’amashuri rwa Kagugu mu murenge wa Kinyinya, ni rwo rwari rufite ubucucike buri hejuru ku buryo ngo hari n’aho icyumba cyicarwamo n’abana 100.
Mu baturage bahawe inzu harimo uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Felicité Kabasinga w’imyaka 81, akaba avuga ko yari yarubakiwe inzu y’ibiti igasenyuka.
Nyuma yo guhabwa inzu Kabasinga yagize ati "Ubu nibwo nanjye navuga ko mbohowe kuko nari nkiboshywe no kutagira aho mba".
Abatishoboye bahawe inzu zo kubamo barimo abari batuye ahashobora kubateza ibyago, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abamugariye ku rugamba.
Uwitwa Rutayisire John wamugariye ku rugamba akaba yahawe inzu mu murenge wa Gikomero, avuga ko agomba gufasha abaturanyi be kugira icyo bakora bakiteza imbere.
Rutayisire agira ati "Tugiye kwishyira hamwe dushake icyo gukora cyaba ubuhinzi, ubworozi bw’inkoko, ububaji n’ibindi, turi abantu bafite ibitekerezo bizima ntacyo tuzaba".
Hari abaturage bagiye bava mu mujyi rwagati bajya gutura ahitaruye nk’i Gikomero, Rutunga na Jali bavuga ko kumenyera kuhatura bikibagora.
Inkuru zijyanye na: kwibohora25
- MIFOTRA itangaje umunsi w’ikiruhuko kuri uyu wa gatanu
- Abanyarwanda twese twari tuboshye - Yolanda Mukagasana
- Kigali: Ibirori by’umunsi mukuru wo kwibohora byari bibereye ijisho (Amafoto + Video)
- Akababaro k’impunzi n’ikandamizwa ry’abari mu gihugu byabaye intandaro y’urugamba rwo kwibohora
- Kwibohora k’u Rwanda mu maso y’umunyabugeni
- Kwibohora25: Kigali Arena n’ ikibuga cya Cricket ku isonga mu bikorwa remezo bya siporo n’imyidagaduro
- Kwibohora25: Ibikorwa by’Ingabo byatumye Leta izigama arenga miliyari 12
- Ibitaramo ‘Inkotanyi ni Ubuzima’ bihura na gahunda yo Kwibohora 25- Bonhomme
- Perezida Kagame ntiyemeranya n’abavuga ko hari ibice by’isi byaremewe gukena
- Kwibohora25: Perezida Kagame yatashye umudugudu wa Karama wuzuye utwaye miliyari 8Frw
- Col. Rugazora yasobanuriye urubyiruko ubutumwa bw’igitabo Perezida Kagame yasohoye
- Ubutumwa bwa bamwe mu bahanzi bazitabira igitaramo cyo Kwibohora 25
- Perezida Kagame yagarutse ku mateka y’Ingoro y’Inteko ishinga amategeko mu rugamba rwo kubohora u Rwanda (Video)
- Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora - Perezida Kagame
- Ndabashimira bana b’ u Rwanda mwabohoye urwa Gasabo
- #Kwibohora25 : Inzu ibitse amateka menshi y’urugamba mu isura nshya
- Ingabo zo muri Afurika y’Iburasirazuba zirimo kuvura abaturage mu Rwanda ku buntu
- Nyagatare: Uko Ishimwe watangiye kunywa urumogi yiga amashuri abanza, yatangiye ubuhinzi bw’umwuga
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|