Excel Security Ltd yambuwe uburenganzira bwo gutanga serivisi z’umutekano

Polisi y’u Rwandata yatangaje ko ihagaritse ikigo cya Excel Security Ltd cyatangaga serivise z’umutekano kubera kutubahiriza amategeko.

Itangazo rya Polisi rivuga ko Excel Security Ltd yatswe uburenganzira bwo gukomeza gutanga izi serivise guhera tariki ya 15 Ukuboza 2022.

Bamwe mu bashinzwe umutekano muri Excel Security Ltd (Ifoto: Internet)
Bamwe mu bashinzwe umutekano muri Excel Security Ltd (Ifoto: Internet)

Polisi ivuga ko iki cyenezo gifashwe hashingiwe ku itegeko No 16Bis ryo ku wa 07/09/2020 rigenga serivise z’umutekano zitangwa n’abikorera cyane cyane mu ngingo zaryo za 17 na 18 ziha ububasha Polisi y’u Rwanda bwo kwambura ibigo by’abikorera ububasha bwo gukomeza gutanga serivise z’umutekano igihe bitubahirije amategeko.

Iri tangazo nta byinshi risobanura ku mpamvu zatumye iki kigo gihagarikwa.

Turacyakurikirana iyi nkuru…

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Ex buriya aba security bakoraga muri Excel security nubuhe bufasha mwatanga murwego rwokubashyigikira ngo batandagara

[email protected] yanditse ku itariki ya: 25-11-2022  →  Musubize

Bazajya mundi campony
kuko ndabyibuka high security igikorera ihuye muri UR bayikuramo abayikoreraga bahise bajya muri top security

Ntakirutimana yanditse ku itariki ya: 26-11-2022  →  Musubize

Nibyiza ibyo porisi yigihugu yakoze ahubwo hari nindi security yitwa RGL mayo ntacyigenda iyo mubona yojyeza abakozi amafaranga 2500 Koko murumva bitababaje

Kamuhanda yanditse ku itariki ya: 25-11-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka