Emmanuel Gasana wayoboraga Intara y’Iburasirazuba yafunzwe
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwafunze CG (Rtd) Emmanuel Gasana wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, yatangaje ko Emmanuel Gasana yari amaze igihe akorwaho iperereza ku cyaha akekwaho cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko, ubwo yari umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba.
CG (Rtd) Emmanuel Gasana afunzwe nyuma y’aho ahagaritswe mu mirimo yo kuyobora Intara y’Iburasirazuba, amakuru yamenyekanye biciye mu itangazo ryavuye mu biro bya Minisitiri w’Intebe, ryasohotse ku wa Gatatu tariki 25 Ukwakira 2023.
Dr Murangira yavuze kandi ko iperereza rigikomeje, andi makuru akazatangazwa hagendewe ku byo iperereza rizagenda rigaragaza.
Itangazo rigira riti: "CG (Rtd) Gasana Emmanuel wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba yahagaritswe ku mirimo kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho."
CG (Rtd) Emmanuel Gasana yabaye Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba muri Werurwe 2021, mbere yaho akaba yarayoboraga Intara y’Amajyepfo, umwanya yahawe yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda.
Inkuru zijyanye na: CG (Rtd) Emmanuel Gasana
- CG (Rtd) Emmanuel Gasana yaburanye mu bujurire ku gufungwa iminsi 30 y’agateganyo
- CG Rtd Gasana arasubira mu rukiko aburana ubujurire
- Urukiko rwategetse ko CG (Rtd) Emmanuel Gasana afungwa iminsi 30 y’agateganyo
- Byari bimeze bite mu rukiko ubwo CG (Rtd) Emmanuel Gasana yaburanaga ku ifunga n’ifungurwa?
- CG Emmanuel Gasana yagaragarije urukiko impamvu akwiye kuburana adafunze
- Nyagatare: CG Rtd Emmanuel Gasana yamaze kugera mu cyumba cy’iburanisha
- CG (Rtd) Emmanuel Gasana aritaba Urukiko kuri uyu wa Gatanu
- Dosiye ya Emmanuel Gasana yagejejwe mu Bushinjacyaha
- Abapolisi barimo CG Emmanuel K. Gasana bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru
- Dore bimwe mu bibazo bitegereje Guverineri Emmanuel Gasana
Ohereza igitekerezo
|
Mwiriwe,RIB nikameze ikore iperere ibyaha nibimuhama abiryozwe kuko kwitwaza icyo uricyo ugakora ibinyuranyije n’iegeko bisubiza inyuma iterambere ry’Igihugu.