Dr Gahakwa Daphrose arafunze

Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko Dr Gahakwa Daphrose afunze, akaba akurikiranyweho ibyaha birimo na ruswa.

Dr Gahakwa Daphrose
Dr Gahakwa Daphrose

Dr Gahakwa yahoze ari Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo RAB giteza imbere ubuhinzi n’Ubworozi.

Hari isoko ryo kuhira rya Miliyari y’Amafaranga y’u Rwanda bivugwa ko yaba yarahaye umukwe we mu buryo budakurikije amategeko ubwo yari umuyobozi muri RAB.

Muri 2018 nibwo Minisitiri w’Intebe yirukanye Gahakwa n’abandi bakozi batatu muri RAB, ubu Gahakwa Daphrose akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Remera.

Dr Gahakwa Daphrose yigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, aba na Minisitiri w’Uburezi ndetse akaba yaranayoboye Kaminuza y’u Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Natuze nyine ajye amenya ko icyenewabo kidakenewe mu rwa gasabo.ubundise hari ubumenyi yari afite mu byamasoko ya Leta.?

Mutoni Sylvester yanditse ku itariki ya: 5-10-2020  →  Musubize

Indi fi nini ifatiwe Mu rushundura se ra

Theo yanditse ku itariki ya: 4-10-2020  →  Musubize

Bamureke ajye kwirebera abana numugabo , ibyisi se ko bidashira

kayijamahe Tito yanditse ku itariki ya: 3-10-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka