Dore uko wacecekesha kashi pawa irimo kugusakuriza

Hari kashi pawa(cash power) zisakuza cyane iyo hasigayemo amayinite make y’umuriro w’amashanyarazi, ku buryo bibangamira abantu bikanababuza gusinzira.

Ikigo gishinzwe Ingufu(REG) kigira inama abantu, gukanda umubare 812 hanyuma ukemeza nk’uko ifoto ibigaragaza, rya jwi ryasakuzaga rihita rigenda.

Uwitwa Ntirushwa utuye ku Gisozi avuga ko hari igihe kashi pawa ibabangamira bakagera ubwo bacomora intsinga z’umuriro zijyamo, bakayica mu gihe baba batarabona amafaranga yo kugura undi muriro.

Ntirushwa agira ati "Kashi pawa hari ubwo igeraho ikabuza n’abana gusinzira, bikaba ngombwa ko ducomora intsinga."

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka