Didier Shema Maboko yahagaritswe ku mirimo

Itangazo risohotse ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Nzeri 2022 riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko Bwana Didier Shema Maboko ahagaritswe mu nshingano ze.

Didier Shema Maboko yari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo kuva mu kwezi k’ Ugushyingo umwaka wa 2019.

Didier Shema Maboko
Didier Shema Maboko

Nta mpamvu zigaragara mu itangazo zatumye ahagarikwa, gusa hamaze iminsi havugwa ibibazo bitandukanye muri iyi Minisiteri by’umwihariko mu bijyanye n’imikino, ihagarikwa rya hato na hato rya bamwe mu bayobozi, ndetse no kutumvikana ku byemezo bimwe na bimwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka