COVID-19: Abarengeje isaha yo kugera mu rugo baruta abatubahiriza andi mabwiriza

Imibare yatangajwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, inzego z’ibanze na Polisi y’u Rwanda, yerekana ko mu mezi abiri ashize, imibare y’abafashwe barengeje isaha ya saa moya yo kuba bageze mu rugo ari bo benshi kurusha abandi bose bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwiirinda Covid-19.

Iyo mibare igaragaza ko kuva tariki ya 17 Nyakanga kugera ku ya 12 Nzeri 2020, abantu 127,873 bafashwe barengeje isaha ya saa moya yari yaremejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 26 Kanama 2020, kuba abantu bose bageze mu ngo zabo.

Iyo mibare kandi igaragaza ko abantu 116,542 ari bo bafashwe batambaye udupfukamunwa, naho abantu 57,389 bafashwe batubahiriza metero hagati yabo.

Hari kandi abantu bagiye bafatwa bari mu tubari, utubari twafashwe ducuruza inzoga ndetse hakaba n’ibinyabiziga byafashwe nyuma y’isaha ya saa moya z’umugoroba.

Iyo mibare igaragaza ko abantu 21,732 bafashwe banywa inzoga mu tubari, hafashwe imodoka, moto n’amagare 13,915 byarengeje isaha ya saa moya, mu gihe utubari 6,071 ari two twafashwe ducuruza inzoga.

Hirya no hino mu turere ndetse no mu Mujyi wa Kigali, Inama Njyanama zashyizeho ibihano bitandukanye birimo n’amande ku baturage barenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19.

Mu bihano kandi harimo no kuba abafashwe barenze ku mabwiriza bashyirwa ahantu habuhgenewe, bakaganirizwa kandi bakibutswa ko bakwiye kugira uruhare mu gukumira icyo cyorezo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka