CHOGM izatangira imihanda irimo kubakwa muri Kigali yaruzuye - Meya Rubingisa
Mu gihe habura iminsi itagera ku cyumweru ngo u Rwanda rwakire inama ya CHOGM, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yatanze icyizere cy’uko igihe cyo kwakira abashyitsi, kizagera imihanda irimo kubakwa yaruzuye.

Hirya no hino mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko mu turere twa Gasabo na Kicukiro, harimo kubakwa imihanda itandukanye izifashishwa n’abagenda ndetse n’abatuye muri Kigali, kuko imwe mu yisanzwe ikoreshwa izifashishwa n’abayobozi bakuru bazitabira inama ya CHOGM.
N’ubwo hari abareba imirimo yo kubaka iyo mihanda aho igeze bagashidikanya ko ishobora kuba yaruzuye mu gihe cya CHOGM, siko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bubibona kuko bwemeza ko inama izajya gutangira iyo mirimo yararangiye.
Mu kiganiro Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yagiranye na RBA, ku mugoroba wo ku wa 14 Kamena 2022, yemeje ko imirimo yo gukora imihanda izifashishwa hirya no hino mu Mujyi wa Kigali izaba yarangiye, igihe cy’inama ya CHOGM.

Yagize ati “N’ubundi mu Mujyi wa Kigali dusanzwe tugira gahunda y’ibikorwaremezo, muri gahunda yo guteza Umujyi imbere, hari imihanda yari yarubatswe muri gahunda isanzwe y’Umujyi, hari n’indi twubatse ishobora kuzajya ifasha abaturage batandukanye kuba bayikoresha, mu gihe umwe cyangwa undi waba urimo gukoreshwa n’abashyitsi”.
Yongeraho ati “Birimo kwihutishwa, turi mu bice bya nyuma bisoza, ku buryo tuzajya kugera igihe cyo kwakira abashyitsi, imihanda yarangiye ari nyabagendwa nta kibazo”.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko hari izindi gahunda zitandukanye zateguwe zitari inama, abantu bazitabira CHOGM bashobora kuzajyamo nyuma y’inama, mu rwego rwo kwidagadura no kuruhura umutwe, nk’uko umuyobozi w’uyu Mujyi abisobanura.

Ati “Hateganyijwe n’ibindi bikorwa bihujwe na CHOGM, ariko by’abaje mu nama bashobora gukora bitari inama. Hari ibyateganyijwe mu byanya by’imyidagaduro mu Mujyi wa Kigali, yaba ari ahazwi nka Car Free Zone, hazaba harimo imurikagurisha, ibice byo kwidagaduriramo, imikino iteganyijwe izajya ikorwa n’abitabiriye inama”.
Akomeza agira ati “Hari na siporo rusange izakorwa nijoro izwi nka night run, aho abanyakigali biruka bagakora siporo kugira ngo bagire ubuzima bwiza, ariko noneho hajemo n’abashitsi. Hari ibikorwa bitandukanye by’imyidagaduro kugira ngo n’abanyakigali babonereho no kwishimira Umujyi wakiriye iyi nama, babyishimire ariko by’umwihariko tunabivanemo n’amahirwe”.
Ibi ngo abanyakigali barabiteguriwe ari naho abashitsi bazacumbika, ibyo bazafungura, imurikagurishwa bazitabira, kugira ngo bagure ibikorerwa mu Rwanda, Abanyarwanda bazabyaze aya mahirwe umusaruro.

Biteganyijwe ko inama ya CHOGM izatangira tariki 20 kugera 26 Kamena, izitabirwa n’abantu batandukanye bazaturuka imihanda yose bagera ku 6000, bazitabira inama zitandukanye zizakorwa muri iyo minsi.





Inkuru zijyanye na: CHOGM 2022
- Dore umusaruro u Rwanda rwakuye muri CHOGM 2022
- Exclusive Interview with Dr Donald Kaberuka on the sidelines of #CHOGM2022
- Video: Tumwe mu dushya twaranze #CHOGM2022
- Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ubutumwa bw’ishimwe
- Urubyiruko rwa Commonwealth rwagaragarije abayobozi ibyifuzo byarwo
- Perezida Kagame yashimiye abitabiriye CHOGM, abifuriza urugendo ruhire
- Gabon na Togo byabaye abanyamuryango bashya ba Commonwealth
- Hari abantu batari muri gereza bari bakwiye kuba bariyo - Perezida Kagame
- Igice kimwe cy’Isi ntigikwiye kugenera abandi indangagaciro - Perezida Kagame
- Ibibazo ntibihora ari iby’urubyiruko gusa, n’abakuze hari bimwe duhuriraho - Perezida Kagame
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wateguwe n’Igikomangoma Charles
- #CHOGM2022: Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga baganiriye ku guhangana n’ingaruka za Covid-19
- Boris Johnson yifurije ishya n’ihirwe Perezida Kagame ugiye kuyobora Commonwealth
- Turi igihugu cyashenywe na Jenoside, ariko ubu cyarahindutse mu mutima, mu bwenge no ku mubiri - Perezida Kagame
- Perezida Kagame yakiriye ku meza abakuru b’Ibihugu bitabiriye CHOGM
- Abitabiriye #CHOGM2022 baryohewe n’umukino wa Cricket
- #CHOGM2022: Uko imihanda y’i Kigali ikoreshwa kuri uyu wa Gatanu
- Perezida Kagame yakiriye Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza
- Imodoka zisaga 100 zikoresha amashanyarazi zirimo gutwara abitabiriye CHOGM
Ohereza igitekerezo
|