Bugesera: Ikiraro cyacitse batatu bararohama, umwe aburirwa irengero

Ku wa 23 Gashyantare 2022, niho mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, ikiraro kiri mu gishyanga cya Kanyonyomba cyacitse kijyana n’abantu batatu, babiri bararokoka, undi aburirwa irengero.

Kugeza ubu umuntu amazi yatwaye ntaraboneka
Kugeza ubu umuntu amazi yatwaye ntaraboneka

Ni ikiraro gihuza Umurenge wa Gashora wo mu Karere ka Bugesera n’uwa Rukumberi mu Karere ka Ngoma, cyari cyarakozwe mu rwego rwo korohereza ubuhahirane bw’abaturage b’impande zombi, nyuma y’uko ikindi cyari gisanzwe cyifashishwa kimaze umwaka urenga cyangiritse.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gashora buvuga ko icyo kiraro cyari gisanzwe gifasha abanyamaguru ndetse n’abandi bafite ibinyabiziga bito birimo moto n’amagare, ku buryo ubuhahirane butigeze bukomwa mu nkokora cyane, nyuma y’aho ikiraro kinini cyangirikiye.

Ngo mu rwego rwo gukora umuhanda Nyanza-Ramiro-Ngoma, hafunzwe amazi, bakora umuhanda wo ku ruhande wo kwifashisha, bituma batinda amabuye iruhande rw’ikiraro, aho amazi abereye menshi asatura uwo muhanda aragenda akubita inkingi z’ibyuma zagifataga, bituma kigwa mu mazi nk’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashora, Fred Rurangirwa yabisobanuriye Kigali Today.

Yagize ati “Byakubise uwo muhanda bihita bikubita inkingi z’akararo, kagwamo hari hariho abantu batatu bambukaga bajya i Ngoma, bose amazi yahise abajyana kuko ari menshi afite imbaraga. Muri bo babiri babasha kurokoka, undi nawe yari afite igare ajyana naryo, riragenda nawe turamubura, magingo aya turacyamushakisha”.

Umuntu utaraboneka kugeza ubu ni uwitwa Pascal Ndengejaho w’imyaka 37, wo mu Murenge wa Rilima, mu Kagari ka Nyabagendwa mu mudugudu wa Mataba, naho abarokotse barimo Valens Munyeshyaka w’imyaka 47 wo mu Kagari ka Biryogo mu Murenge wa Gashora na Lucien Rwagasore w’imyaka 43, wo mu Murenge wa Juru.

Valens Munyeshyaka na Lucien Rwagasore barokotse iyo mpanuka
Valens Munyeshyaka na Lucien Rwagasore barokotse iyo mpanuka

Mu rwego rwo kugira ngo abaturage bafashwe gukomeza guhahirana ndetse no gufasha abo ikiraro cyangiritse bambutse kugira ngo batahe, hashyizweho uburyo bwo kunyura mu mazi hakoreshejwe ubwato nk’uko Rurangirwa akomeza abisobanura.

Ati “Ubuhahirane ntabwo buri buveho, twagennye uburyo bwo gufasha abaturage kugira ngo bakomeze bahahirane. Twahise dukorana n’urwego rwa Marine n’abafatanyabikorwa bandi, dushaka ubwato bwo gufasha abaturage by’agateganyo kugira ngo babe bambuka”.

Ni ubwato bwa moteri buzajya bwifashishwa mu gihe nta kindi gisubizo kirambye kiraboneka, aho umuturage azajya yishyura amafaranga y’u Rwanda100 kugira ngo yambuke.

Abaturage barasabwa kuzirikana ko amazi ari mabi, bakigengesera, ariko mu gihe bakeneye kwambuka mu rwego rwo guhahirana, bakifashisha inzira z’amazi zashyizweho hakoreshejwe amato ya moteri.

Gitifu Rurangirwa arasaba abaturage kwitwararika mu gihe bakeneye kwambuka
Gitifu Rurangirwa arasaba abaturage kwitwararika mu gihe bakeneye kwambuka

Mu gihe umuhanda Nyanza-Bugesera-Ngoma utarangira, ngo amazi nagabanuka haraza gukorwa ahandi hantu abantu bazifashisha bambuka n’amaguru nk’uko byari bisanzwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ICYOKIRARO NIBAFASHE ABATURAGE BACYUBAKE KUGIRANGO UBUHAHIRANE MUTURERE BUKOMEZE MURAKOZE

HABYARIMANA ERIC yanditse ku itariki ya: 25-02-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka