Arikiyepisikopi wa Kigali arasabira imfashanyo Abapadiri ba Diyosezi ya Kibungo
Arikiyepisikopi wa Kigali akaba n’Umuyobozi wa Diyosezi ya Kibungo, Antoine Kambanda, yasabye Abasaseridoti bakorera ubutumwa mu mahanga, inkunga yo gufasha Abapadiri ba Diyosezi ya Kibungo kugira ngo babashe kubaho muri ibi bihe avuga ko bitaboroheye.

Muri iyo baruwa yizewe Kigali Today yabonye, Arikiyepisikopi Antoine Kambanda akaba n’Umuyobozi wa Diyosezi ya Kibungo wayishyizeho umukono, avuga ko mu ngorane zose Diyosezi ya Kibungo yagiye igira abakirisitu bakomeje kwitanga ku buryo ubu muri Paruwasi zose zigize Diyosezi ya Kibungo abakirisitu ari bo batunga abasaseridoti.
Icyakora muri ibi bihe bikomeye isi yose yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus, buri wese akaba ategetswe kuguma mu rugo.
Ati “Ubu rero biragoye cyane kubera ko ituro ry’icyumweru ari ryo rishingiyeho ubuzima bwa Paruwasi hafi ya zose cyane cyane izishinzwe vuba. Zigitaguza mu ivugabutumwa. Hari n’izindi zimenyereye ariko zitagira munsi y’urugo, zigacungira ku ituro ry’icyumweru gusa.”
Iyo baruwa ihamagarira Abasaseridoti bakorera ubutumwa mu mahanga kwigomwa muri duke bafite, bagafasha Abasaseridoti bo muri Diyosezi ya Kibungo kugira ngo babone uburyo bwo gukomeza ubutumwa muri iyo Diyosezi.
Kuri iyo baruwa kandi, hashyizweho na nimero za konti za Diyosezi ya Kibungo, ndetse na nimero za telefoni ziri muri Mobile Money, iyo nkunga yanyuzwaho.
Arikiyepisikopi wa Kigali akaba n’Umuyobozi wa Diyosezi ya Kibungo, Antoine Kambanda, yasoje ubwo butumwa agira ati “Mbaye mbashimiye ingoboka muzashobora kubona, kandi mbasabiye umugisha w’Imana no kurindwa na yo.”


Diyosezi ya Byumba na yo iherutse kwandika isaba imfashanyo
Usibye Diyosezi ya Kibungo isaba ubufasha, umushumba wa Diyosezi ya Byumba, Musenyeri Servilien Nzakamwita, na we aherutse kwandikira Abapadiri ba Diyoseze ya Byumba bakorera ubutumwa mu mahanga abasaba inkunga yo gutunga Abapadiri no kubafasha kubona ibikoresho biborohereza mu butumwa.


Inkuru zijyanye na: Coronavirus
- Perezida Museveni wa Uganda bamusanzemo COVID-19
- Bangladesh: Habonetse abantu 68 banduye COVID-19 mu masaha 24
- #COVID19: Abantu 32 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 11,440
- #COVID19: Abantu 27 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 9,528
- #COVID19: Abantu 28 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 9,555
- #COVID19: Abantu 23 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 8,951
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,212
- #COVID19: Nta muntu wanduye mushya mu bipimo 1,215
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,290
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,131
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,224
- #COVID19: Abantu batanu banduye babonetse mu bipimo 1,515
- #COVID19: Abantu 6 banduye babonetse mu bipimo 974
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,828
- #COVID19: Abanduye batatu babonetse mu bipimo 2,071
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,500
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,467
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,207
- #COVID19: Nta muntu wanduye mushya mu bipimo 1,328
- #COVID19: Umuntu umwe yitabye Imana, abanduye ni 2,195
Ohereza igitekerezo
|
Karabaye na kiriziya gatorika yatangiye kwaka imfashanyo kandi ariyo yagobokaga abayoboke bayo.!
Ibaze noneho rubanda rusanzwe rumerewe rute?
Nahamasengesho peee
Hari, aho nashatse kuvugako; bamwe nahunze imiruango yabo babadiga mubiturage. Abandi ntibashaka nokuvugako bahafite imiryango. Muri imwe muri iyo miryango igana abobihaye Imana. Simvugira abihaye Imana, ndabibutsa nka banyarwanda kwibuka Indanga gaciro zituranga.Uwasabye yavugiraga intama ashobora kandi yari aziho ubwatsi buherereye.Ikindi tuziko no mu miryango abakuze barera abato , ufite ubushobozi afasha ababyeyi n abavandimwebe. Mureke umubyeyi yibutse ibireba ibebera mu muryangowe. Ubundi mureke natwe ,dufashe batatwibukije ahubwo mubadutegerejeho ubufasha .Murakoze
Ntakabuza kuri ikigihe,beshi bicaye murugo, akazi kabaye gake.Ariko buriya bavandimwe mbagiriye Inama ,twaharanira buri wese kwireba, kureba umuryangowe.Ubundi ushoboye gufasha agufasha. Ntimwirengagizeko bamwe nibutse bahungu imiryango, abandi baranayirengagiza .Ndavuga abafite imiryango mugiturage. Iyo miryango mwasize ,haribamwe babona imfashayo zituruka nabapadiri.Twubahe ibyifuzo hagati y imiryango, amadini.Ahubwo namwe mwafasha mubishoboye. Twubahe gahunda ya ndi Umunyarwanda🙏🙏🙏🙏🙏🙏🙏
Basubire iwabo imiryango yabo ibatunge!
Biragaragayeko koko ubupadiri ari akazi kuko ntiyabaka ayo batakoreye! Natwe twirirwa twiruka ngo tugiye gusenga Naho tugiye mubigo by’imari
Kiliziya ni imwe Gatolika kandi ikomoka Ku ntumwa.
Kuki ,Kiliziya gatolika zitangiye kuba nyinshi.Bakore i Kabgayi,St Famille,st Michel,Christus n’a Nyundo,Ruhengeri,aho hoseé ibiryo byo kubatunga birahari.
Aho umupadiri yatakira inzara imeze nabi rwose.Mubafashe.Bya bintu nta mikino irimo.Ushoboye wese abafashe.Nyabuneka ba Msgr b,ayo ma Diyosezi mvuze mwikubite agashyi mufashe Diocese ya Kibungo,,abahirika nako abapendabyote batabacishamo ijisho.
N’ubwo bitari bikwiye ko binyamakuru kwandika ku madiocese afite ubufasha asaba abapadiri bayo - kuko ariya mabaruwa simpamya nasabye uburenganzi abasenyeri bwo kuyatangaza, bityo ni ukwivanga mu buzima w’abandi.
Uyu uvuga ngo abapadiri bahinge ndamwubutsa ko Atari bwo butumwa bwabo: barigusha, bagatagatifuza, bakayobora bakanafasha abakene. Ikindi koko ubutaka hari aho buri: ese bwigeze burara ngo tuvugeko abapadiri ari abanebwe. Ahenshi abapadiri bari gusabiriza basabira abakene babuze ubitaho. Tyreke kubasonga
Nta nka Abasenyeri Abasenyeri baciye amabere
1.ABADAFITE barifashisha
2.ABAFITE BARAFASHA USIBYE KO BATIFOTOZA
AHUBWO covid-19 igiye KUTWAMBIKA UBUSA TUGARAGARE UKO TURI:
– ubushishozi bucye
– ubuhubutsi
– kwivanga
– gutandukira
Twese dusenge twizeyeImana idukize iki cyorezo cya Covid 19, kandi ikomeze kuturinda. Amen
Nibashoke ubutaka bwa paruwase babuhinge. Ntibitege abakristu ba Paruwase kuko nabo bafungiranye. Pawulo yavuze ko uwudakora ntakarye