Arashimira Banki ya Kigali yamufashije gusubirana amafaranga miliyoni enye yari yataye
Uwitwa Dr. Mbonigaba Celestin yashimiye Banki ya Kigali (BK) yamufashije kubona amafaranga yari yataye.
Abinyujije kuri Twitter, Dr. Mbonigaba yagize ati “Ndashimira ubuyobozi bwa Banki ya Kigali ku mutekano w’abakiriya n’ibyabo bagira. Ubwo nashakishaga aho nataye miliyoni enye, bifashishije ikoranabuhanga ryabo barashakisha bayansubiza umunsi ukurikiyeho kandi nta kiguzi banyatse. Mwakoze BK.”
Ubuyobozi bwa banki ya Kigali na bwo bwamushimiye, bwongeraho ko ari inshingano zabwo gucunga umutekano w’abantu n’ibyabo igihe bari muri banki ya Kigali.
Ndashimira ubuyobozi bwa @BankofKigali k'umutekano w'abakiriya n'ibyabo bagira. Ubwo nashakishaga aho nataye #miliyoni4, bifashije ikoranabuhanga ryabo barashakisha' bayasubiza umunsi ukurikiyeho kandi nta kiguzi banyatse. Mwakoze BK
— Dr. MBONIGABA Celestin, PhD (@Celestin_PhD) November 19, 2020
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
Banki ya BK nibyo koko itanga service nziza kandi kubayigana bose muri make abakozi bayo ni abanyamwuga (professionals) courage vraiment.
Nagujije 99’000 bayampaye ntiyaza kuri konti ubwoc nzayabona?
Nagujije 99’000 bayampaye ntiyaza kuri konti ubwoc nzayabona?