Ambasade ya Israel mu Rwanda yatanze inkunga y’ibiribwa
Ambasade ya Israel mu Rwanda mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 10 Mata 2020 yatanze inkunga ya toni enye igizwe n’ibishyimbo, umuceli, n’ifu y’ibigoli, bihwanye na Miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda, ku miryango ikeneye ubufasha bw’ibiribwa i Kigali.
Iyo nkunga yatanzwe ku bufatanye bw’Umuryango wo muri Israel ugamije guteza imbere imibanire n’amahanga (Israeli Agency for International Cooperation).
Ambasade ya Israel yakoranye n’umuryango utari uwa Leta ukorera mu Rwanda witwa Inspire Women for Development (IWD) hamwe na Tabara Program, byashyizweho by’umwihariko na Mr. Tamir Sher, umunya Israel utuye mu Rwanda, kugira ngo afashe muri iki gikorwa.
Ku wa gatanu, imifuka irimo ibyo biribwa yagejejwe kuri centre ishinzwe gukusanya izo nkunga, yashyizweho na Guverinoma y’u Rwanda, iyo centre ikaba iherereye mu Karere ka Kicukiro, bikaba byaragejejwe ku muyobozi wayo.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr. Ron Adam washyikirije iyo nkunga abari bahagarariye uruhande rw’u Rwanda, yavuze ko kuva icyorezo cya COVID-19 cyatangira, abaturage benshi i Kigali batakaje akazi kabo, haba mu bijyanye n’inganda, abubatsi ndetse n’abatwara abagenzi kuri moto.
Yagize ati: "Nshimishijwe no kugira uruhare ruto, ku mbaraga Guverinoma y’u Rwanda yagize, zo gutanga ibiribwa by’ibanze ku babikeneye i Kigali."
Ambasade ya Israel mu Rwanda ivuga ko izakomeza gufatanya n’u Rwanda, igihugu kivandimwe cya Israel, mu gukomeza umubano mwiza ibi bihugu bifitanye, mu nyungu z’abaturage b’ibihugu byombi.
Iyo Ambasade kandi yavuze ko yifatanyije n’u Rwanda muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi, ifata mu mugongo abarokotse, kandi iharanira ko ibyabaye bitazongera ukundi.
Inkuru bijyanye na: Coronavirus
- Abatunguwe na Guma mu Rugo i Kigali barafashwa gukora ingendo ku munsi wa mbere
- Umuti ugabanya ubukana bwa COVID-19 uragera mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu
- Mu Rwanda abantu 4 bishwe na COVID-19, habonetse abarwayi bashya 227
- Kigali: Abantu 12% banduye Covid-19 (ubushakashatsi)
- Umujyi wa Kigali washyizwe muri Guma mu Rugo (Inama y’Abaminisitiri)
- Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku kurwanya COVID-19
- Covid-19 iratwegereye cyane, tubyibazeho neza itatwegera kurushaho - Minisitiri Busingye
- Kigali: Polisi yafatiye abantu 13 mu rugo rw’umuturage barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
- Mu Rwanda abantu 182 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri
- Mu Rwanda abantu 277 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri
- Mu Rwanda abantu 257 babasanzemo COVID-19
- Nageze ku muryango w’urupfu Imana ikinga akaboko - Ubuhamya bw’uwakize COVID-19
- Mu Rwanda abantu batanu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 194
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 172
- #COVID19 : Abarwayi bashya 166 barimo 108 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- Kicukiro: Abagera kuri 17 bafashwe bakora ibirori urugo baruhinduye nk’akabari
- Umubare w’abarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 waragabanutse
- #COVID19 : Mu barwayi bashya 169 harimo 125 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 93
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Ndashima reta yu rwanda nabo baterankunga bari kwita kubaturage muriki gihe cya cvd19 ariko ndanenga
umurenge wa bumbogo akagari ka ngara umudugudu wa birembo twaherutse batwandika ariko babihaye abanu bacye cyane mudukoreye ubuvugizi mwaba mukoze kd turasabako habaho igenzura ryuburyo ibiryo byatanzwe mukagali ka ngara kose Murakoze