Ambasade ya Israel mu Rwanda igiye gufasha mu guteza imbere ubukerarugendo i Kibeho

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr Ron Adam, avuga ko bagiye gufasha Akarere ka Nyaruguru mu guteza imbere ubukerarugendo i Kibeho.

Amb Rhon yifuza ko Kibeho yatera imbere mu bukerarugendo
Amb Rhon yifuza ko Kibeho yatera imbere mu bukerarugendo

Yabitangaje ubwo yagendereraga ako Karere kuri uyu wa 23 Ukuboza 2021, akaganira n’ubuyobozi bw’Akarere ku byo bafatanyamo mu rwego rw’iterambere.

Ambasaderi Ron Adam yavuze ko bafatiye ku buryo bagiye bateza imbere ubukerarugendo bushingiye ku myemerere i Yeruzalemu, batekereza ko bareberwaho maze na Kibeho igatera imbere, bityo ikarushaho kumenyekana no gusurwa.

Amb Dr Ron Adam yaganiriye n'abayobozi ba Nyaruguru
Amb Dr Ron Adam yaganiriye n’abayobozi ba Nyaruguru

Yagize ati "I Yeruzalemu hazwi nk’ahantu Yezu yagenze kandi nk’aho Bikira Mariya yagiye gusura nyina wa Yohani. I Kibeho, Nyina wa Yezu yarahabonekeye. Turatekereza gusangiza Nyaruguru uko Yeruzalemu yateje imbere ubukerarugendo kugira ngo na Kibeho izatere imbere mu bukerarugendo bushingiye ku iyobokamana."

Nk’uwigeze gukora muri UNESCO, yanatanze igitekerezo ko Kibeho yazandikishwa ku rutonde rw’umurage w’isi kugira ngo irusheho kumenyekana ndetse no gusurwa.

Ambasaderi yamuhaye impano yakuye ku butaka butagatifu bwa Yeruzalemu
Ambasaderi yamuhaye impano yakuye ku butaka butagatifu bwa Yeruzalemu

Ubundi mu byo Kibeho ikeneye ngo ibashe gutera imbere harimo kubona aho yagurira ingoro ya Bikira Mariya ndetse no kubona abayobora abakerarugendo babizi neza, bazi n’Icyongereza n’Igifaransa byibura, nk’uko bivugwa na Padiri Jean Pierre Gatete, wungirije padiri uyubora ingoro ya Bikira Mariya.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Emmanuel Murwanashyaka, yongeraho ko hakenewe n’amacumbi ahagije yo kwakira abahaje kuko usanga ku minsi mikuru izwi ari abantu benshi, babura aho bacumbika bakarara hanze.

Padiri w'i Kibeho na we yamuhaye impano y'ishusho ya Bikira Mariya
Padiri w’i Kibeho na we yamuhaye impano y’ishusho ya Bikira Mariya

Uretse ubukerarugendo, ambasade ya Israel mu Rwanda yiteguye Gufasha Akarere ka Nyaruguru mu bijyanye n’ubuhinzi, amashanyarazi no kugeza amazi meza ku baturage.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nibyiza ko Ambassador adufasha mu bukerarugendo.Gusa ntabwo idini y’Abayahudi yitwa Judaism yemera Yezu na Bikiramaliya.Abayahudi baracyategereje Messiah wabo.Twibuke ko idini y’Abayahudi yicishije Yezu.Ntabwo bemeraga ko yatumwe n’Imana.Abitwa abakristu,abenshi ni abakora ibyo Yezu yatubujije.Urugero,bariba,barasambana,barwana mu ntambara,barya ruswa,etc...Bene abo Yezu yavuze ko bazarimbuka nagaruka ku munsi w’imperuka.

gasagara yanditse ku itariki ya: 24-12-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka