Amatariki Inama ya CHOGM izaberaho mu Rwanda yatangajwe
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame hamwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza(Commonwealth), Hon. Patricia Scotland, batangaje ko Inama Ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize uyu muryango izabera i Kigali mu cyumweru kizatangira tariki 20 Kamena 2022.
Itangazo ryasohowe na Commonwealth kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022, rivuga ko Umunyamabanga Mukuru w’uwo muryango, Patricia Scotland hamwe na Perezida Kagame bemeje itariki nshya y’iyo nama yagombaga kubera mu Rwanda mu kwezi kwa Kamena 2020, ariko ikaba imaze gusubikwa inshuro ebyiri kubera icyorezo cya Covid-19.
Inama ya CHOGM iteranira muri kimwe mu bihugu bigize Commonwealth buri myaka ibiri, igafatirwamo imyanzuro ikomeye irebana na demokarasi, iterambere ridaheza, kubaka inzego n’imiyoborere, ubutabera n’uburenganzira bwa muntu.
Iyi nama kandi ifatirwamo imyanzuro yo guteza imbere ubukungu no kwagura ubucuruzi bushingiye ku kwigira, guteza imbere urubyiruko ndetse no kungurana ibitekerezo ku birebana n’imihindagurikire y’ibihe, imyenda(amadeni) n’ubusumbane hagati y’abantu.
Perezida Kagame yahaye ikaze abazitabira iyi nama izabera i Kigali mu Rwanda, avuga ko yitezweho umusaruro.
Yakomeje agira ati “Imyaka ibiri ishize yatweretse ko duhuje cyane kurusha na mbere kandi dukwiriye gukorera hamwe kugira ngo tugere ku ntego n’umusaruro twifuza. Iyi nama yari ihanzwe amaso igihe kirekire izaba umwanya mwiza wo guhura tukaganira ku mbogamizi zatewe na Covid-19, hamwe no kubaka amahirwe ashingiye ku ikoranabuhanga n’ubukungu kugira ngo dukemure ibibazo byugarije abaturage bacu.”
Patricia Scotland wa Commonwealth na we yakomeje avuga ko yishimiye kubona uyu muryango wongeye guhurira hamwe nyuma y’imyaka ine habaye indi nama ya CHOGM i Londres mu Bwongereza.
Yagize ati "Inama zacu mu Rwanda zizaduha amahirwe nyayo yo kwemeza indangagaciro ziduhuza nka Commonwealth no kwibanda ku bibazo by’ingutu birimo icyo kuzahuka muri Covid-19, imihindagurikire y’ibihe n’ubukene, kwagura ubucuruzi n’iterambere rirambye, bikaba ari ibintu byakemurwa n’ibyemezo binyuze mu butwererane n’ubufatanye".
Scotland yakomeje avuga ko hari inama zakorwaga n’aba minisitiri hifashishijwe ikoranabuhanga, ariko ko yishimiye kongera kubonana kw’abantu bari kumwe imbona nkubone.
Scotland yavuze ko Inama ya CHOGM izabera mu Rwanda muri 2022 ibaye iya mbere ibereye ku mugabane wa Afurika kuva mu myaka 10 ishize, agasaba Abanyarwanda umuhate n’ubwitange kugira ngo hazabeho inama y’intangarugero.
Yanashimiye Abanyarwanda bose kuba barakomeje gukora ibishoboka bitegura kuzagira CHOGM irangwa n’umutekano, umutuzo kandi igatanga umusaruro wateza imbere Umuryango Commonwealth muri ibi bihe bigoye.
Uyu muryango uhuza ibihugu 54 byo hirya no hino ku isi bituwe n’abaturage barenga miliyari ebyiri na miliyoni 500(muri miliyari zisaga umunani zituye isi).
President @PaulKagame and @commonwealthsec Secretary-General @PScotlandCSG have announced that the Commonwealth Heads of Government Meeting (CHOGM) will take place the week of 20 June 2022. #CHOGM2022
👉🏽 https://t.co/XBixwwimdg pic.twitter.com/XjS4QHOU9a— CHOGM Rwanda 2022 (@CHOGM2022) January 31, 2022
Inkuru zijyanye na: CHOGM RWANDA 2021
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame n’Igikomangoma Charles baganiriye ku myiteguro ya CHOGM
- Inama ya CHOGM yagombaga kubera mu Rwanda yongeye gusubikwa
- Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’u Bwongereza ushinzwe Commonwealth
- Abakora muri Hoteli zizakira abazitabira #CHOGM2021 bakingiwe #COVID19
- Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth yaje kureba aho imyiteguro ya #CHOGM2021 igeze
- Itsinda rya Commonwealth ryanyuzwe n’imyiteguro ya CHOGM 2021 mu Rwanda
- U Rwanda na Commonwealth bemeje itariki y’inama ya CHOGM 2021 izabera i Kigali
- U Rwanda rwiteguye guteza imbere imijyi nk’uko biteganywa na Commonwealth - Prof Shyaka
- Inama ya CHOGM yagombaga kubera mu Rwanda yasubitswe
- I Kigali hazamuwe ibendera rya Commonwealth (Amafoto)
- Kigali: Muri Remera hatangijwe Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bugamije kwitegura CHOGM
- Amafoto: Kigali irimo kurimbishwa mu kwitegura inama ikomeye ya CHOGM
- CHOGM izasanga imijyi y’u Rwanda itatse Kinyarwanda
- Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda
- Ibintu ICUMI utazi kuri Commonwealth ije i Kigali
- U Rwanda ruzakira inama ya ’Commonwealth’ ya 2020
Ohereza igitekerezo
|