Amajyaruguru: Gusezerana imbere y’amategeko biri mu byaranze ibirori by’umunsi w’umugore

Tariki 08 Werurwe ni itariki ngarukamwaka y’umunsi mpuzamahanga w’umugore, aho muri uyu mwaka wa 2023 u Rwanda rwahisemo insanganyamatsiko igira iti “Ntawe uhejwe, guhanga udushya n’ikoranabuhanga biteza imbere uburinganire”.

I Musanze mu Murenge wa Kinigi imiryango 211 yasezeranye kubana byemewe n'amategeko
I Musanze mu Murenge wa Kinigi imiryango 211 yasezeranye kubana byemewe n’amategeko
Akanyamuneza kari kose ku bagore b'i Musanze
Akanyamuneza kari kose ku bagore b’i Musanze

Ibirori byo kwizihiza uwo munsi mu Ntara y’Amajyaruguru, byaranzwe cyane cyane no gusezerana imbere y’amategeko kw’imiryango yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko y’u Rwanda.

Musanze

Ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore mu Karere ka Musanze byabereye mu Murenge wa Kinigi, aho imiryango 211 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko yasezeranye kubana byemewe n’amategeko.

Ibyo birori byitabiriwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille. Yibukije abaturage cyane cyane abagore gukomeza guhesha agaciro uwakabasubije, abagabo bibutswa gushyigikira mutima w’urugo mu bikorwa byo kwiteza imbere mu rwego rwo gukomeza kubaka umuryango uboneye kandi utekanye.

Mu butumwa abayobozi batandukanye bitabiriye uwo muhango bagejeje ku basezeranye kubana byemewe n’amategeko n’abaturanyi babo, basabwe kubana neza birinda amakimbirane n’ibyaha bishobora kudindiza imibereho myiza y’ingo, kugira isuku, ndetse bagashyira imbere iterambere ry’umuryango n’iry’Igihugu.

Ni ibirori kandi byashimiwemo imiryango itanu ifatwa nk’intangarugero mu mibanire izira amakimbirane yaremewe inka 13, intama eshatu na telefone 13.

Rulindo

Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, yifatanyije n’abaturage batuye Umurenge wa Ntarabana mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’umugore, aho imiryango 40 yari isanzwe ibana idasezeranye, yasezeranye kubana mu buryo bwemewe n’amategeko.

Imiryango 40 mu Karere ka Rulindo yasezeranye imbere y'amategeko
Imiryango 40 mu Karere ka Rulindo yasezeranye imbere y’amategeko
Abagore bo mu Karere ka Rulindo bamuritse ibyo bagezeho
Abagore bo mu Karere ka Rulindo bamuritse ibyo bagezeho

Nyuma yo kwakira indahiro, Meya Mukanyirigira yasabye abasezeranye kuzirikana ibikubiye mu ndahiro, buri wese akubahiriza inshingano ze mu muryango.

Gicumbi

Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore mu Karere ka Gicumbi, ibirori ku rwego rw’Akarere byabereye mu Murenge wa Ruvune aho Umushyitsi mukuru yari Senateri Nyinawamwiza Laetitia wari kumwe n’Umuyobozi w’ako karere Emmanuel Nzabonimpa.

Nk’uko byagenze mu tundi turere, no mu Karere ka Gicumbi imiryango 107 yasezeranye kubana mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ibyo birori kandi byabereye mu Murenge wa Rutare, byitabirwa n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Uwera Parfaite, aho imiryango 72 yasezeranye kubana mu buryo bwemewe n’amategeko, banaremera bagenzi babo muri gahunda y’akarere yiswe “ NGIRA NKUGIRE TUGERANEYO”, ahatanzwe inka, ibiryamirwa, ibiribwa binyuranye, ndetse na telefone zahawe ba Mutima w’Urugo babiri hagendewe ku nsanganyamatsiko irimo gukoresha ikoranabuhanga biteza imbere uburinganire.

Gakenke

Ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore mu Karere ka Gakenke byabereye mu Murenge wa Nemba n’uwa Gakenke, aho byitabiriwe n’umuyobozi w’Akarere Nizeyimana Jean Marie Vianney, aho imiryango 390 yari isanzwe ibana mu buryo butemewe n’amategoko yasezeranye kubana byemewe n’amategeko.

Akarere ka Gakenke kakoreye ibirori abasezeranye imbere y'amategeko
Akarere ka Gakenke kakoreye ibirori abasezeranye imbere y’amategeko

Meya Nizeyimana ati “Twifurije umuryango mwiza uzira amakimbirane kuri aba baturage, amashimwe menshi ku buyobozi bwakoze ubukangurambaga bukomeye”.

Iyo miryango yasezeranye byemewe n’amategeko, yakorewe ibirori n’Akarere nk’ikimenyetso cyo kwishimira intambwe ikomeye bateye.

Byari ibyishimo ku basezeranye mu Karere ka Gakenke
Byari ibyishimo ku basezeranye mu Karere ka Gakenke

Meya Nizeyimana kandi yaboneyeho n’umwanya wo gusaba Imiryango yasenzeranye byemewe n’amategeko n’abaturage muri rusange kwirinda amakimbirane yo mu ngo, kurangwa n’urukundo, guharanira iterambere ry’imiryango yabo no gukoresha umutungo binyuze mu bwumvikane bw’abashakanye.

Burera

Akarere ka Burera na ko kizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore aho ku rwego rw’Akarere uyu muhango wabereye mu Murenge wa Cyanika.

Ni umunsi waranzwe no koroza inka n’intama imiryango itishoboye, n’ubundi bufasha butandukanye. Habayeho kandi kwigisha Ababyeyi uburyo bwo gutegura no kugaburira abana indyo yuzuye.

Meya w'Akarere ka Burera Uwanyirigira Marie Chantal mu gikorwa cyo kugaburira abana
Meya w’Akarere ka Burera Uwanyirigira Marie Chantal mu gikorwa cyo kugaburira abana

Mu butumwa bw’Umuyobozi w’Akarere Uwanyirigira Marie Chantal nyuma yo guseseranya imiryango yabanaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yakanguriye abaturage kwirinda amakimbirane n’ibiyobyabwenge, abatarasezerana abasaba kwitabira iyo gahunda yo gusezerana imbere y’Amategeko.

Guverineri Nyirarugero Dancille yasabye abaturage kwirinda amakimbirane
Guverineri Nyirarugero Dancille yasabye abaturage kwirinda amakimbirane

Uretse aho abayobozi bakuru bari bifatanyije n’abaturage mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Umugore, imiryango imwe n’imwe igasezerana byemewe n’amategeko, no mu yindi mirenge igize uturere two mu ntara y’Amajyaruguru icyo gikorwa cyo gusezerana cyakozwe kiyoborwa n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge.

Gahunda yo gusezeranya imiryango byemewe n’amategeko, ije nyuma y’icyumweru cyahariwe uburinganire, ahakozwe ubukangurambaga basobanurira abaturage ingaruka zo kubana abantu batarasezeranye, no gusobanurira abaturage inyungu ziri mu kwandikisha abana mu bitabo by’irangamimerere.

Ibirori byo kwizihiza umunsi w'umugore mu Karere ka Gicumbi byari bibereye amaso
Ibirori byo kwizihiza umunsi w’umugore mu Karere ka Gicumbi byari bibereye amaso
Imiryango yitwaye neza mu Karere ka Burera yashimiwe
Imiryango yitwaye neza mu Karere ka Burera yashimiwe
Mu Karere ka Burera mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'umugore batanze amatungo
Mu Karere ka Burera mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore batanze amatungo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka