Amajyaruguru: Barwanyije isuri, bubakira n’abatishoboye

Nk’uko bisanzwe mu Rwanda, ku wa Gatandatu usoza buri kwezi abayobozi bifatanya n’abaturage mu muganda rusange, mu rwego rwo kubaka no gutunganya ibikorwa remezo mu mirenge inyuranye.

Mu muganda wo ku wa Gatandatu tariki 24 Nzeri 2022, Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru n’ubw’uturere tuyigize, bwegereye abaturage mu mirenge bakorana umuganda, aho bibanze ku gikorwa cyo kubakira abatishoboye no kurwanya isuri.

Gicumbi

Akarere ka Gicumbi ni ko kakiriye Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, afatanya n’abatuye Umurenge wa Bwisige, aho bafatanyije n’Umuyobozi w’ako Karere, Nzabonimpa Emmanuel, batunganya umuhanda Rwasama-Bwisige-Gihengeri.

Nk’uko bisanzwe, nyuma y’umuganda, ubuyobozi bwaganiriye n’abaturage ku ngingo zinyuranye zijyanye n’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage, zirimo guca burundu igwingira mu bana.

Muri ibyo biganiro bagiranye n’abaturage, Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi Nzabonimpa Emmanuel, yagaragaje agashya k’Akarere ka Gicumbi kiswe ‘Muturanyi, Ngira Nkugire Tugeraneyo’, aho ubu umuturage ufite icyo arusha umuturanyi we amuha akazi cyangwa inkunga mu rwego rwo kumuzamura.

Abaturage bo mu karere ka Gicumbi bijeje Guverineri Nyirarugero guharanira iterambere bubahiriza amabwiriza ya Leta
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi bijeje Guverineri Nyirarugero guharanira iterambere bubahiriza amabwiriza ya Leta
Akanyamuneza ku baturage ubwo bari kumwe na Guverineri Nyirarugero Dancille basoje umuganda
Akanyamuneza ku baturage ubwo bari kumwe na Guverineri Nyirarugero Dancille basoje umuganda

Guverineri Nyirarugero Dancille, yibukije abaturage ko kwitura Perezida wa Repubulika ari ukugaragaza ko babyaje umusaruro amahirwe yabahaye binyuze muri gahunda zinyuranye, nyuma yo kubagezaho ubutumwa, yumva ibibazo byabo maze bacinya akadiho barataha.

Musanze

Mu muganda usoza ukwezi kwa Nzeri 2022, Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier, yifatanyije n’abatuye Akagari ka Kabazungu, Umurenge wa Musanze mu muganda wo guhoma inzu y’Umuturage utishoboye witwa Nyirabunani Thérèse.

Meya w'Akarere ka Musanze Ramuli Janvier yifatanyije n'abaturage mu muganda rusange aho bubakiye umuturage
Meya w’Akarere ka Musanze Ramuli Janvier yifatanyije n’abaturage mu muganda rusange aho bubakiye umuturage

Mu mirenge yose igize ako Karere, habereye umuganda aho abayobozi mu ngeri zinyuranye bafatanyije n’abaturage mu gufasha imiryango itishoboye, bayihomera inzu.

Nyuma y’umuganda, Meya Ramuli Janvier yaganirije abaturage, abasaba kurushaho kunoza uburyo bw’isuku n’isukura no kwirinda ibiza na Ebola.

Yasoje ashimira abitabiriye umuganda abibutsa n’amatora y’abunzi ku rwego rwa buri kagari yakozwe nyuma y’umuganda.

Burera

Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Nzeri 2022 mu Karere ka Burera, waranzwe no kubakira imiryango itishoboye amacumbi, kurwanya isuri n’ibikorwa by’isuku n’isukura mu tugari tugize Akarere ka Burera.

Ku rwego rw’Akarere, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Nshimyimana Jean, ari hamwe n’abagize Inama Njyanama y’Akarere bifatanyije n’Abatuye mu Murenge wa Kagogo mu Kagari ka Nyamabuye aho bubakiye icumbi umuturage witwa Habumuremyi Jean de Dieu.

Mu biganiro ubuyobozi bwagiranye n’abaturage nyuma y’Umuganda, abaturage bakanguriwe kugira isuku umuco, kurwanya isuri bacukura, banasibura ibyobo bifata amazi n’imirwanyasuri mu mirima yabo, basabwa no kwirinda kandi barwanya ibiyobyabwenge na Magendu, basabwe kandi kohereza abana bose biga ku ishuri no kwitabira gahunda zinyuranye za Leta zirimo Ejo Heza.

Rulindo

Abaturage n’Abayobozi mu Karere ka Rulindo, bakoze umuganda rusange wibanze ku kurwanya isuri, kubakira abatishoboye no kurwanya ibiza.

Ni umuganda abagize komite Nyobozi y’Akarere ka Rulindo bifatanyijemo n’abaturage b’Umurenge wa Shyorongi.

Umuganda rusange mu Karere ka Rulindo waranzwe no kubakira abaturage batishoboye
Umuganda rusange mu Karere ka Rulindo waranzwe no kubakira abaturage batishoboye
Mu Karere ka Rulindo bacukuye n'imirwanyasuri
Mu Karere ka Rulindo bacukuye n’imirwanyasuri
Abakora umwuga w'ubunyonzi na bo ntibasigaye ahubwo bitabiriye umuganda
Abakora umwuga w’ubunyonzi na bo ntibasigaye ahubwo bitabiriye umuganda
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka