Alpha Oumar Konare mu Rwanda kubera ibibazo bya Sudani y’Epfo

Alpha Oumar Konare wabaye Perezida w’igihugu cya Mali, aragirana ibiganiro na Perezida Kagame kuri uyu wa mbere tariki 24 Kanama 2015, ku birebana n’amasezerano y’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo

Bwana Konare ni intumwa y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) muri Sudani y’epfo.

Uwari Perezida wa Mali, Alpha Oumar Konare arigana na Perezida Kagame umuti w'ibibazo bya Sudani y'Epfo.
Uwari Perezida wa Mali, Alpha Oumar Konare arigana na Perezida Kagame umuti w’ibibazo bya Sudani y’Epfo.

Yabaye Perezida wa Mali kuva 1992-2002, ndetse akaba ari na we wayoboye Komisiyo ya AU bwa mbere kuva mu mwaka wa 2003-2008.

Mu cyumweru gishize Ubuyobozi bwa Sudani y’Epfo bwagombaga gusinyana amasezerano y’amahoro n’ababurwanya bayobowe na Riek Machar, ariko biza kunanirana.

Simon Kamuzinzi

Ibitekerezo   ( 3 )

Genda Rwanda urasurwa pe, ibini bihugu biba bishaka kemenya ibanga dukoresha kugira ngo ibintu byose bigende neza...

Sam Soza yanditse ku itariki ya: 25-08-2015  →  Musubize

Ubushake bw’u Rwanda mu kuzana amahoro muri sudani y’amajyepfo bwagaragaye kera igihugu cyoherezayo ingabo,cyashyizwe mubikorwa cyera

Colin yanditse ku itariki ya: 25-08-2015  →  Musubize

Arakaza neza mu Rwanda. Kuba u Rwanda rufite Ingabo zishinzwe kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo, byerekana ubushake n’icyifuzo cy’u Rwanda ko Sudan y’Epfo igira umutekano n’amahoro arambye. Nizeye ko Perezida Kagame amugira inama y’ingirakamaro.

Karambizi yanditse ku itariki ya: 24-08-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka