Akanyamuneza ku bayobozi bashya barahiye (Amafoto)

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa gatanu tariki 28 Gashyantare 2020, yakiriye indahiro z’abayobozi bashya, barimo Abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta, n’Abadepite.

Mu bayobozi barahiye harimo Dr. Ngamije Daniel wagizwe Minisitiri w’Ubuzima, Dr Bayisenge Jeannette wagizwe Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr Uwamariya Valentine wagizwe Minisitiri w’Uburezi, na Madamu Mpambara Ines wagizwe Minisitiri ushinzwe imirimo y’Inama y’Abaminisitiri.

Harimo kandi Abanyamabanga ba Leta ari bo Tushabe Richard wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi Ushinzwe Imari ya Leta, Lt Col Dr. Mpunga Tharcisse wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuvuzi bw’Ibanze, Twagirayezu Gaspard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, na Madamu Irere Claudette wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe ikoranabuhanga, imyuga n’ubumenyingiro.

Harahiye n’Abadepite babiri batowe baherutse kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko ari bo Germaine Mukabarisa na Emmanuel Karemera.

Abarahiye kimwe n’abandi bari bitabiriye uyu muhango, bari babukereye, bagaragaza akanyamuneza ku maso nk’uko bigaragara muri aya mafoto.

Dr Uwamariya Valentine (wambaye isaha) wagizwe Minisitiri w'Uburezi, na Madamu Mpambara Ines wagizwe Minisitiri ushinzwe imirimo y'Inama y'Abaminisitiri
Dr Uwamariya Valentine (wambaye isaha) wagizwe Minisitiri w’Uburezi, na Madamu Mpambara Ines wagizwe Minisitiri ushinzwe imirimo y’Inama y’Abaminisitiri
Mpambara Ines ni we Minisitiri ushinzwe imirimo y'Inama y'Abaminisitiri
Mpambara Ines ni we Minisitiri ushinzwe imirimo y’Inama y’Abaminisitiri
Tushabe Richard, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi Ushinzwe Imari ya Leta
Tushabe Richard, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi Ushinzwe Imari ya Leta
Dr. Eugene Mutimura (hagati) wahoze ari Minisitiri w'Uburezi na we yari ahari
Dr. Eugene Mutimura (hagati) wahoze ari Minisitiri w’Uburezi na we yari ahari
Madame Kayisire Marie Solange yagizwe Minisitiri w'ibikorwa by'Ubutabazi avuye ku mwanya wa Minisitiri w'Ibikorwa by'Inama y'Abaminisitiri, akaba asimbuye Madame Kamayirese Germaine
Madame Kayisire Marie Solange yagizwe Minisitiri w’ibikorwa by’Ubutabazi avuye ku mwanya wa Minisitiri w’Ibikorwa by’Inama y’Abaminisitiri, akaba asimbuye Madame Kamayirese Germaine
Twagirayezu Gaspard yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi ushinzwe amashuri abanza n'ayisumbuye, umwanya yasimbuyeho Dr Isaac Munyankazi
Twagirayezu Gaspard yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, umwanya yasimbuyeho Dr Isaac Munyankazi
Nyirahabimana Solina yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n'andi mategeko, uwo mwanya akaba awusimbuyeho Maître Evode Uwizeyimana
Nyirahabimana Solina yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, uwo mwanya akaba awusimbuyeho Maître Evode Uwizeyimana
Lt Col Dr Mpunga Tharcisse yagizwe umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima, ushinzwe ubuvuzi rusange, umwanya asimbuyeho Dr Patrick Ndimubanzi washinzwe indi mirimo
Lt Col Dr Mpunga Tharcisse yagizwe umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, ushinzwe ubuvuzi rusange, umwanya asimbuyeho Dr Patrick Ndimubanzi washinzwe indi mirimo
Depite Germaine Mukabarisa uherutse kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko na we yarahiye
Depite Germaine Mukabarisa uherutse kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko na we yarahiye
Minisitiri w'Uburezi, Dr Uwamariya Valentine
Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine
Minisitiri w'Ubuzima Dr. Ngamije Daniel wasimbuye Dr. Diane Gashumba
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel wasimbuye Dr. Diane Gashumba
Madame Irere Claudette, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi ushinzwe ikoranabuhanga, imyuga n'ubumenyingiro
Madame Irere Claudette, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe ikoranabuhanga, imyuga n’ubumenyingiro

Photos: Roger Marc Rutindukanamurego

Kureba andi mafoto menshi, kanda HANO

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

The Rwandan rero tukaba turayihinyuje?

Kaka yanditse ku itariki ya: 29-02-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka